Wednesday, January 19, 2022

Mwigane Umushumba mwiza

bamwe mu ntama za Yezu

Urwibutso rw'Inatama za Yezu i Bungwe

Byari ibyishimo byinshi mu birori byo kwakira intama zinjiye mu rwuri kuri iki cyumweru gisoza icyumweru cy’Umushumba mwiza (kuwa 15/05/2019). Ni ibirori byabimburiwe n’igitambo cy’Ukaristiya cyaturiwe muri Paruwasi Regina Pacis Bungwe kiyobowe na Nyakubahwa Padiri Antoine NGAMIJE MIHIGO, Padiri mukuru. Nyuma ibirori bikomereza mu nzu mberabyombi ya paruwasi. Mu ijambo ry’uhagarariye ababikira ba Mutagatifu Chrétienne i Bungwe, intama za Yezu n’abazishagaye bakanguriwe kunga ubumwe na Kristu we Mushumba mwiza. Ni we tugomba kureberaho kuko ariwe rugero rwiza rudasumbwa. Mama Valence MUKAKOMITE ati “Mwigane Umushumba mwiza.” Ngiyi intero itwibutsa ko duhamagarirwa kuba abakurikiza ba Kristu umukiza, tugahora turangwa n’ingero yaduhaye akiri ku isi. Kwigana umushumba bijyana no kumenya icyo ushinzwe kandi ukagisohoza neza.

Aha niho Mama Valence yahereye asaba ababyeyi ubufatanye buhoraho mu kurera intama za Yezu. Ati “ababyeyi bagomba kwibutsa abana ko igihe cyo kujya mu rwuri cyageze” kugira ngo babarinde gusiba nta mpamvu. Ababyeyi nibo bambere badutura Imana, nitubumvire badufashe gukomeza gutera imbere kuri roho no ku mubiri, bagaragaza itandukaniro nk’uko byagarutsweho n’intama zaturutse muri paruwasi ya Mbazi, i Butare. Aha niho iri tsinda ryatangiriye, ritangijwe n’ababikira ba Mutagatifu Chrétienne.

Ubufatanye bw’ababyeyi, abasaseridoti n’ababikira mu kubungabunga urwuri -itsinda ry’intama za Yezu- ni ingingo yagarutsweho n’abafashe amagambo banyuranye. Bakomeje gusaba ubufatanye burambye kugira ngo hatazaba gucika intege no gutakaza intama zinjiye mu rwuri. Imbaga y’abana n’abaje kubashyigikira basabwe gushakisha abandi bana, bakazanwa mu rwuri kugira ngo batozwe uburerere bwiza kandi bafashwe kumva neza icyo Imana ibahamagarira mu buzima bwabo bwa buri munsi n’ubutumwa ibaha muri Kiliziya. Bakabikora bazirikana ko Mutagatifu Maxime yavuze ati “ntukirengize itegeko ry’urukundo kuko ni ku bwiryo tegeko uzahinduka umwana w’Imana. Ariko nuryica uzaba umwana w’ikuzimu.” (S. Maxime le Confesseur. Centuries sur l'amour, 4.20).

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...