Wednesday, January 19, 2022

Ni njye mushumba mwiza (Yh.10,1-18)

(Ifoto: internet)

Ivanjili yanditswe na Mutagatifu Yohani itubwira ikiganiro Yezu yagiranye n’abafarizayi, abaha ikigereranyo cy’umushumba mwiza (Yh.10,1-18). Yabahamirije rwose ko ariwe mushumba mwiza, umenya intama ze, akazigurana kandi akaziha ubuzima. Ngiki igituma intama zikunda umushumba wazo, zikamukurikira kandi zikamwumvira; koko Yezu atubereye umushumba mwiza!

Ø Yezu ni we rembo ry’intama

Yezu kristu abihamya yeruye ko ariwe rembo intama zigomba kwinjiriramo kugira ngo zikizwe.  Ati “Ndababwira ukuri koko: ni jye rembo ry’intama. Ni jye rembo; uzanyuraho yinjira azakizwa, azishyira yizane kandi abone urwuri.” Kuba uwa Yezu Kristu ni iby’agaciro kuko biduhesha ubwisanzure, tukabona urwuri nyakuri, tukarubamo twishimiye ibyiza birugize. Ese twanganya iki Kiliziya itureresha ijambo ry’Imana kandi ikaduhembuza amasakaramentu? Kiliziya ni urwuri rw’intama za Kristu kandi rusendereye ibyiza byinshi rukomora kuri uwo Kristu urubereye umutwe.

Ø Yezu, Umushumba mwiza wigurana intama ze

Ni ukuri; umushumba mwiza yigurana intama ze; uko kuzigurana kukazihesha ubuzima bw’iteka. Nimuzirikane aho turirimba ngo ‘Muze dushimire uwatwiguranye tukaronka ubuzima.’ Iki ni kimwe mu bimenyetso by’ikirenga bigaragaza ubwiza bwa Yezu Kristu, Umushumba mwiza. Twamugereranya na nde, Yezu wapfuye urupfu ruhesha abantu bose umukiro? Ahora atugoboka mu makuba duhura na yo, ntadutererana, araduhumuriza, aradutabara. Ese ibyo wagezeho byose wabishobojwe na nde? Ibibi byaguhushije, ibyo wahonotse amahoro ni ku mbaraga zawe? Nitwemere tumwumve ijwi rye; turyumvire twima amatwi iby’ahandi byose. Niwe wenyine tugomba gukurikira we utubwira ati “ndetse nemera guhara ubugingo bwanjye, nkabutangira intama zanjye.

Ø Yezu, Umushumba mwiza, atanga ubugingo

Intama zikesha ubuzima umushumba uziragira, uzimenyera ubwatsi bwiza n’amazi afutse, akazimenyera isaso n’ibindi byose zikeneye. Natwe ibyo dukenye ngo tubeho neza nk’abajya mu ijuru, Yezu arabifite kandi abitanga ku buntu; kwa Yezu hari byose; nta nzara ibayo, nta nyota. Yezu Kristu arahari wese muri Kiliziya kandi ni we rembo, inzira, ukuri n’ubugingo, akaba n’umugati utanga ubugingo wamanutse mu ijuru. Ese ubwo buzima ufite wabuhawe na nde? Kwibaruka ni ugutanga ubuzima, ese ibyo wabyishoboza, bitari mu bushake bwe? Byose ni kubwa Yezu, umushumba mwiza!

Ø Umushumba mwiza ahorana impuhwe

Umworozi mwiza ntatuza, ashimishwa no kubona amatungo ye ameze neza kandi yiyongera. Na Yezu Kristu ntashimishwa no kubona intama zitari mu rwuri ahubwo anezezwa no kuzikoraniriza mu gikumba kimwe ngo zisangire urwuri rutoshye n’amazi afutse. Yezu agira urukundo nyampuhwe ruhoraho. Ni kenshi ducumura, tukirengangiza urwo rukundo rwe, ruhora rutwibutsa ko tugomba guhorana umutima utunganye; ese We aradutererana? Kutugira abe, akaduhaza ubuzima kandi ntaduheze ku mbabazi twabiganya iki? Ni uko se tubikwiriye? Nimwongere mutekereze kuri aya masakaramentu; Batisimu, Ukarisitiya, Penetensiya…

Bavandimwe natwe batisimu twahawe yaduhaye ubutumwa bwo kuba abashumba b’ubushyo bwe. Tube abanyamwete mu butumwa nyabutatu dukesha batisimu tuzirikana ko “icyaha gihindura umuntu umunebwe naho ubutabera bwa Kristu bukamugira umunyamurava (S. Jean Chrysostome)”.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...