Wednesday, January 19, 2022

Umuhire Basile-Antoine Marie Moreau

Umuhire Basile-Antoine Marie Moreau

Basile-Antoine Marie Moreau yavutse kuwa 11 Gashyantare1799 mu bufaransa (Laigné-en-Belin, France), yitaba Imana kuwa 20 Mutarama 1873, aguye i Mans mu bufaransa. Iyi tariki niyo tumwizihizaho nk’Umuhire.  Ni umupadiri washinze, mu 1837, umuryango w’Umusaraba Mutagatifu (congrégation de Sainte-Croix) ugizwe n’abafureri (Joséphistes) n’abapadiri (Salvatoristes), babereyeho gufasha abantu kumenya Imana, kuyikunda no kuyikorera ; wemerwa kuwa 13 Gicurasi 1857 na Papa Piyo wa IX. Yashinze kandi abamariyani b’Umusaraba Mutagatifu (Marianites de Sainte-Croix), ababikira bita ku burezi, ubuvuzi n’abantu batagira ubitaho, wemewe kuwa 19 Gashyantare 1867 na Papa Piyo wa IX.

Ni umwana wa cyenda mu bana ba Louis na Louise Pioger Moreau, abakristu basengeraga muri Kiliziya bihishe (l'Église clandestine). Yababajwe cyane n’impinduramatwara yo mu gihugu cye yabangamiye bikomeye Kiliziya. Amashuri yayize afashijwe na Julian Le Provost wari Padiri mukuru wabo, mu 1814 amufasha kwinjira mu iseminari ya Château-Gontier ubu ni Lycée Victor-Hugo. Ubwo kiliziya yari ibonye agahenge mu 1816, Moreau yinjiye mu iseminari ya diyosezi, ahabwa ubusaseridoti mu 1821 afite imyaka 22. Yashinze umuryango w’Umusaraba Mutagatifu kugira ngo azibe icyuho cyari mubuke bw’abapadiri n’uburezi bwa gikristu cyari i sarthois nyuma y’impinduramatwara. N’ubwo atari ashyigikiwe n’umwepiskopi we, mu 1841 yatangije tsinda ry’ababikira.

soeurs de sainte croix (foto: Animation Missionnaire)
Umunyakanada w’ i Montréal witwa Laurette Comtois, mu ijoro ryo kuwa 17 rishyira kuwa 18 Kamena mu 1948, yakize indwara y’ibihaha (pleurésie) mu buryo budasanwe kubera ko ababikira n’abanovisi b’Umusaraba Mutagatifu mu bihe bitandukanye batabaje Imana bisunze umugaragu wayo, bakanamukoza igice cy’umubiri we mu mugongo (relique du Serviteur de Dieu Basile Moreau). Ni Papa Yohani Pawulo wa II, kuwa 12 Mata 2003 wamutangaje nk’Umwubahwa (vénérable), kuwa 15 Nzeri 2007 Papa Benedigito wa XVI amutangaza nk’Umuhire (bienheureux), nyuma y’uko kuwa 28 Mata 2006 hemejwe igitangaza cyabaye bamwiyambaje.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...