Tuesday, December 20, 2022

Mutagatifu Lidiya w’i Tiyatira, umuhamya w'ukwemera

Niwe wabwiye Intumwa ati: “Niba mubona koko ko nemera Nyagasani, nimuze mucumbike iwanjye.”

I Tiyatira, aho Lidiya yakomokaga, ni ku mugabane w’Aziya, mu Ubugereki. Aho yabaga ni mu mugi wa Filipi wabarirwaga muri Roma. Aho niho yahuriye na Mutagatifu Pawulo na bagenzi be. Uyu Lidiya avugwa mu Isezerano Rishya muri Bibiliya, akaba yarakomokaga mu bapagani. Igihe Pawulo Intumwa ageze mu mujyi wa Filipi, Lidiya yabaye umwe mu bagore bemeye kwakira ijambo ry’Imana. Lidiya wabanje kwakira inyigisho z’idini ry’abayahudi, yahuye na Pawulo ahagana mu myaka ya za 50. Mubo Mutagatifu Pawulo yabatije, Lidiya afatwa nk’aho ari we muntu wambere wahindutse akaba umukristu mu Burayi bwose. Abenshi mu bakristu babanaga na Lidiya bamwitaga umutagatifu.  Igihe yemeye kubatizwa kimwe n’abo mu rugo rwe bose, na we yatangiye ubwo gufasha Intumwa kwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kristu.

Mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa havuga ko Lidiya yari umwe mu bagore babaga i Filipi akaba yarakomokaga mu mugi wa Tiyatira akaba n’umucuruzikazi w’imyenda y’imihemba. Lidiya yari asanzwe asenga Imana. Yateze amatwi ibyo Pawulo yigishaga kuko Nyagasani yari yamuhaye umutima wo kubyumva. Igihe Lidiya yari amaze kubatizwa, we n’umuryango we wose harimo n’abana, yabwiye Intumwa ati: “Niba mubona koko ko nemera Nyagasani, nimuze mucumbike iwanjye.” Ni uko Lidiya yahatiye Intumwa kwemera gucumbika iwe (Intumwa 16:14-15). Intumwa Pawulo na bagenzi be bagumye aho kwa Lidiya kugeza igihe bahaviriye berekeza Amfipoli n’i Apoloniya, bagera i Tesaloniki (Intumwa 16:40-17:1). Lidiya yarwaniye ishaka Kiliziya, arengera kenshi Intumwa aho zimusanze iwe ziri mu rugendo. No mu bihe bikomeye kandi ntiyatinye kugaragaza ukwemera kwe mu barwanyaga ingoma ya Kristu. mbese yabaye umuhamya w'ukwemera gutagatifu. Bakeka ko yaba yaritabye Imana hagati ya 50 na 55 bahereye ku mpamvu y’uko igihe Pawulo yandikiye ibaruwa Abanyafilipi atigeze amuvugamo. Kiliziya Gatolika yizihiza Mutagatifu Lidiya kuwa 3 Kanama.

Menya byinshi kuri Mutagatifu Lidiya:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.224.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.323.
  • https://www.lejourduseigneur.com/saint/sainte-lydie/
  • https://en.wikipedia.org/wiki/Lydia_of_Thyatira
  • https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1614/Sainte-Lydie.html

MUTAGATIFU PIYO w’i Pietrelcina (Padre Piyo)

Padiri Piyo, yakoraga n’ibitangaza byinshi; yakizaga abarwayi benshi, akagaragara ahantu habiri hatandukanye mu gihe kimwe, akamara amezi ageze kuri abiri atarya atanywa, akamenya indimi atari azi. Mu 1968, yijihije imyaka 50 ishize afite ibikomere bitanu nk’ibya Yezu.

Mutagatifu Padre Piyo, yavutse tariki 25 Gicurasi 1887, mu gihugu cy’Ubutaliyani. Amazina ye ubusanzwe ni Francesco Forgione. Francesco Forgione yabatijwe ku munsi ukurikira uwo yavutseho. Nyina yari umukristu gatolika uhamye. Yamwise izina rya Fransisiko kubera gukunda Mutagatifu Faransisiko wa Asizi. Faransisiko Forgione yakuze yitonda kandi asenga, yinjiye mu muryango w’abakapusini ku itariki 22 Mutarama 1903 i Morcone. Yararwaraga kenshi. Yasezeranye bwa mbere muri uwo muryango ku itariki 27 Mutarama 1909. Yahawe ubudiyakoni tariki 18 Nyakanga 1909 nuko guhera ubwo afata izina rya Furere PIYO kubera kubaha Papa Piyo V.

 Yaherewe ubupadiri muri katederali y’i Beneventi ku itariki 10 Kanama 1910 yoherezwa hahandi yabatirijwe i Santa Mariya degli Angeli i Pietrelcina. Guhera mu 1911 yeretse umuyobozi wa Roho ye ibikomere bitukura byatangiye kuvuka mu biganza no ku birenge. Ibikomere bitanu nk’ibya Yezu byagaragaye neza ku itariki 20 Nzeri 1918. Yatangiye kugenda ahisha bya bikomere bye bimeze nk’ibya Yezu Kristu. Yezu yamubonekeye afite ibyo bikomere bitanu (mu biganza, mu birenge no ku gituza). Yumva umuriro umeze nk’utobora umutima we. Yezu amaze kugenda, Padre Piyo abona na we ibiganza bye n’ibirenge bye ndetse no mu gituza cye, hose hava amaraso muri bya bikomere.

Bimaze kumenyekana, abaganga barapimye babura ibisobanuro by’impamvu y’ibikomere. Abayobozi ba Kiliziya na bo ntibahise bemeza ko bivuye ku Mana. Ku itariki 23 Gicurasi, abamukuriye mu muryango w’abihayimana bamutegetse kujya asomera misa mu cyumba cy’amasengesho kiri imbere mu kigo. Abantu bakomeje kuza kumushakashaka. Ndetse no mu isakaramentu rya Penetensiya yatangaga. Bavuga ko ababaga bibagiwe ibyaha bakoze yabibutsaga ibyo byaha. Ubwe avuga ko Shitani yamuteraga inshuro nyinshi ndetse rimwe na rimwe ikanamukubita.

Padiri Piyo kandi, yakoraga n’ibitangaza byinshi ku mugaragaro. Yakizaga abarwayi benshi, akagaragara ahantu habiri hatandukanye mu gihe kimwe, akamara amezi ageze kuri abiri atarya atanywa, akamenya indimi atari azi. Ku itariki 14 Nyakanga 1933 Papa yemereye Padiri Piyo gusoma misa ku mugaragaro ndetse amwemerera kongera gutanga isakaramentu rya Penetensiya. Ku itariki 10 Mutarama 1940, Padiri Piyo yatangije umugambi wo gushyiraho urugo rwita ku barwayi (Casa Sollievo della Sofferenza). Padiri Piyo ntacyo yakoraga kibusanye n’ibyo Kiliziya yigisha.

Mu w’1962, Arkiepisikopi wa Krakoviya, Musenyeri Karol Woytyla, wabaye Papa Yohani Pawulo II, yanditse ibaruwa asaba Padiri Piyo gusabira umugore wari urwaye Kanseri. Padiri Piyo asengera uwo mugore nuko arakira. Uwo mugore yitwaga Wanda Poltawska. Ku itariki 22 Nzeri 1968 Padiri Piyo yasomye misa yizihiza imyaka 50 ishize afite ibikomere bitanu nk’ibya Yezu. Nuko aravuga ati: “Nyagasani, maze imyaka mirongo itanu niyeguriye Imana, imyaka mirongo itanu mbambye ku musaraba, imyaka mirongo itanu ngurumanamo ikibatsi cy’umuriro w’urukundo rwawe mbigirira ibiremwa wacunguye.”

Nuko, ku mugoroba w’uwo munsi, ahabwa isakaramentu ry’ugusigwa kw’abarwayi, hashize amasaha make yitaba Imana, yisangira Nyagasani. Byari nka sa munani n’igice z’ijoro ku itariki 23 Nzeri 1968. Ku itariki 16 Kamena 2002, Papa Yohani Pawulo II yamushyize mu rwego rw’abatagatifu. Twizihiza mutagatifu Piyo wa Pietrelcina ku itariki 23 Nzeri. (Iyi nkuru yubakiye ku byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963/  ubunyamabanga bwa SPES MEA).

Izindi nkuru wasoma ; 

  1. KIBUNGO, ibyiciro binyuranye byabonye abayobozi (2022-2023)
  2. Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe
  4. Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe
  5. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe
  6. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi 
  7. Menya Diyosezi ya Kibungo n’abashumba bayiragijwe

Mutagatifu Petero Klaveri, imyaka 44 yigisha Ivanjili i Kartajene

“igihe cyose ntakora nk’uko indogobe ikora, ibikorwa byanjye nta mugisha biba bifite. Indogobe bashobora kuyivuga nabi, bakaba bayima icyo kurya, bakaba bayikoreza imitwaro kugeza igihe igwiriye hasi; uko bayigirira nabi kose, iricecekera. Indogobe irihangana kandi ari indogobe. Ni na ko umugaragu w’Imana yagombye kubigenza”.

Petero Klaver yavukiye i Verdu hafi ya Barselona. Ni mu ntara ya Katalonye (Catalogne), mu gihugu cya Hispaniya. Hari ku itariki ya 26 Kamena mu mwaka w’1580. Ababyeyi be bari abantu boroheje. Yize amashuri ye mu bigo by’abayezuwiti, hanyuma aza kwinjira muri Novisiya mu bayezuwiti afite imyaka 20, kuwa 7 Kanama 1602. Yize indimi n’ubugeni muri Kaminuza y’i Barselona guhera mu 1596. Igihe yigaga filozofiya muri kaminuza ya Mayoruke (1605-1608) ni bwo yabaye incuti y’umufureri w’umuyezuwiti witwaga Alfonsi Rodrigezi wamubwiraga kenshi ibyerekeye kuzajya kwamamaza Inkuru nziza muri Amerika.

Ubwo rero igitekerezo cyo kuba umumisiyoneri muri Amerika cyagiye kimwiyongeramo buhoro buhoro. Abisabye ubwe umukuru w’umuryango, bamwohereje i Kartajeni muri Amerika gukomerezayo novisiya. Mu mwaka w’1610 ni bwo yageze muri Kolombiya, aho i Kartajene (Carthagenes).

 Kuwa 19 Werurwe 1616 nibwo Petero Klaver yahawe ubupadiri, abuhererwa aho i Karitajene. Abyemerewe n’abakuru b’umuryango, Petero Klaveri, yiyemeje kwitangira abirabura batabarika bacuruzwaga muri Amerika, bavanywe bunyago iwabo muri Afrika. Ku munsi w’amasezerano ya burundu mu muryango w’Abayezuwiti, tariki ya 3 Mata 1622, ku masezerano ye muri uwo muryango, yiyongereyeho irivuga ngo “Petrus Claver, Aethiopium semper servus”; bivuga ngo “Petero Klaver, umucakara w’Abirabura, iminsi yose y’ubuzima bwanjye”.

Kuri icyo cyambu cya Karitajene, amato yazanaga abirabura amagana n’amagana. Babaga bari mu kaga ndetse n’ububabare birenze imivugire kuko bafatwaga nk’inyamaswa. Mu mwaka w’1605, undi muyezuwiti witwaga Alonso de Sandoval yari yaragaragaje ko abirabura na bo bagomba guhabwa uburenganzira bw’ikiremwa muntu. Petero Klaveri yakurikije urwo rugero, agenda muri uwo murongo wo kumvisha abantu bose ko abirabura na bo aria bantu bakwiye agaciro kimwe n’abandi bose.

Abo bantu bomokeraga ku cyambu cya Kartajene baje gucuruzwa, bafashwe nabi, bamuteye impuhwe nyinshi bityo abona ko ari ngombwa kugira icyo abamarira. Ababaga bataguye mu nzira bageraga I Kartajene ari indembe, bazahajwe n’inzara n’urugendo. Buri munsi hageraga abantu barenze ibihumbi, bazanywe ku gahato, gukora imirimo y’ubucakara.

Inama nziza mu kwitangira gufasha abo birabura yazihabwaga na mugenzi we Padiri Sandovali, yari yarasanze i Kartajeni. Nuko Petero Klaveri yitangira izo ngorwa z’abirabura mu miruho itavugwa, kandi akabikorana imbaraga ze zose. Yajyaga mu mazu babacururizagamo, akabakirana urugwiro, akomora ibikomere byabo kandi akabipfuka. Yabakoreraga n’ibindi byinshi byiza. Kubegera n’ukuntu babaga basa nabi, si buri wese wari kubishobora, mbese Klaveri yiyemeje imirimo itandukanye azajya abakorera kugira ngo yoroshye ingoyi zabo. Yabasanganizaga icyo kurya n’icyo kunywa, akabavura, akabambika, akabahoza, akanabigisha Ivanjili.

Klaveri yari yaritangiye kandi abaciriwe urubanza rwo gupfa n’izindi ngorwa zinyuranye. Iyo neza ye yatumye haboneka abakristu benshi muri bo, ku buryo yabatije abagera ku bihumbi 300,000. Mu gihe kandi babaga batangiye imirimo kwa ba shebuja na bwo yahoraga aharanira ko bafatwa neza. Ibihumbi by’abacakara babaga mu mujyi wa Kartajene bose bari abana be; iminsi ye yose yayimaraga ari kwigisha abo bacakara, abaha Penetensiya, abavura… ni bo yari abereyeho. Kubera ko buri mugoroba yabaga ananiwe, ndetse n’impumuro itari nziza y’abacakara yamupfukiranye, yashoboraga kurya gusa akagati n’uturayi dukeya dukaranze mu mavuta. Nijoro Klaveri yajyaga gushengerera, agasenga, kandi akikubita nk’uko ab’icyo gihe bibabazaga.

Petero Klaveri yarwanyije byimazeyo icuruzwa ry’abirabura kugeza yitabye Imana ari umukambwe w’imyaka 74. yapfiriye i Karitajene muri Kolombiya, kuwa 8 Nzeri 1654 umubiri we umaze kunanirwa. Papa Piyo IX yamushyize mu rwego rw’abahire kuwa 16 Nyakanga 1850. Ni Papa Lewo XIII, wamushize mu rwego rw’abatagatifu, umunsi umwe hamwe n’abandi bayezuwiti babiri: Alfonsi Rodrigezi na Yohani Berchmans. Hari kuwa 8 Mutarama 1888. Mu w'1896. Papa Lewo XIII yamugize umurinzi w’abamisiyoneri bajya kwamamaza Ivanjili mu Birabura. Yamugize kandi umurengezi w’uburenganzira bwa muntu. Umubiri we uri munsi ya Altari yo muri Kiliziya yamwitiriwe yo mu mujyi wa Kartajene yamazemo imyaka 44 yamamaza Ivanjili.

Mutagatifu Petero Klaveri yaravugaga ati: “igihe cyose ntakora nk’uko indogobe ikora, ibikorwa byanjye nta mugisha biba bifite. Indogobe bashobora kuyivuga nabi, bakaba bayima icyo kurya, bakaba bayikoreza imitwaro kugeza igihe igwiriye hasi; uko bayigirira nabi kose, iricecekera. Indogobe irihangana kandi ari indogobe. Ni na ko umugaragu w’Imana yagombye kubigenza”.

Papa Yohani Pawulo II Mutagatifu, yamuvuze ati: “Petero Klaveri yagaragaje urukundo rwa gikirisitu rumurika ku buryo bwihariye kandi mu bihe byose”. Twizihiza umunsi mukuru wa Mutagatifu Petero Klaveri (1580-1654) kuwa 9 Nzeri.

Ushaka kumenya byinshi:

  • ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.278-279.
  • ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015. p.249.
  • DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.410.
  • http://www.jesuites.com/histoire/saints/pierreclaver.htm
  • https://viechretienne.catholique.org/saints/69-saint-pierre-claver
  • https://fr.wikipedia.org/wiki/Pierre_Claver
  • http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/septembre/saint-pierre-claver-jesuite-apotre-des-esclaves-d-amerique-1654-fete-le-09-septembre.html

Inshamake ku buzima bwa Myr Yohani Damaseni BIMENYIMANA

Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA (+) yavutse kuwa 22/06/1953, avukira i Bumazi muri Paruwasi ya Shangi ya Diyosezi ya Cyangugu. Amashuri abanza yayigiye ku kigo cy’amashuri abanza cya Bumazi no ku cya Gashyirabwoba (1959 - 1966). Ayisumbuye yayigiye mu Iseminari Nto i Mibirizi, ku Nyundo n’i Kansi kuva mu 1966 kugeza mu 1974. Kuva mu 1974 kugeza mu 1980, yize amasomo ya Filozofiya na Tewolojiya mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda. Yohani Damaseni BIMENYIMANA yahawe ubupadiri kuwa 6/07/1980, nk’umusaseridoti wa Diyosezi ya Nyundo, abuhererwa ku Nyundo. Kuwa 5/11/ 1981 ni bwo yabaye umwe mu basaseridoti ba Diyosezi ya Cyangugu (incardination).

Ni Mutagatifu Papa Yohani Pawulo waII wamutoreye kuba umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu kuwa 18/01/1997. Yimitswe kuwa 16/03/1997, yimikwa na Myr Wensesilasi Kalibushi, afatanije na Myr Feredariko Rubwejanga ndetse na Myr Tadeyo Ntihinyurwa. Nuko ahitamo intego igira iti : « IN HUMILITATE ET CARITATE » (mu bwiyoroshye no mu rukundo), bityo aba umushumba wa kabiri wa Diyosezi ya Cyangugu. Uwambere ni Myr Tadeyo Ntihinyurwa wayibereye umushumba (05/11/1981– 09/03/1996) n’umuyobozi (Apostolic Administrator 25/03/1996 - 02/01/1997) nyuma yo gutorerwa kuba Arikiyepiskopi wa Kigali. Musenyeri Yohani Damaseni BIMENYIMANA yatabarutse kuwa 11/03/ 2018, ageze i Kigali, avuye kwivuza mu mahanga.  Yatabarutse afite imyaka 65, irimo 38 ari umusaseridoti na 21 ari umushumba wa Diyosezi. 

Imwe mu mirimo yakoze mbere yo kuba umushumba wa Diyosezi

  • Yabaye Vicaire muri paruwasi ya Nyundo, nyuma ajya kwiga Tewolojiya i Roma. (Études au deuxième cycle de Théologie Biblique à l’Université Urbanienne de Rome,1984-1986).
  • Avuye i Roma nabwo yahawe ubutumwa bwo kuba Vicaire muri paruwasi ya Nyundo (1986 -1987)
  • Yabaye umurezi mu Iseminari Nto ya Mutagatifu Piyo wa X ku Nyundo (1987 - 1989).
  • Yabaye umunyakigega n’umurezi mu Iseminari Nkuru ya Kabgayi (Économe et Professeur, 1989 - 1994)
  • Yabaye umurezi mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda (1995 - 1997)
Roho ye ikomeze kuruhukira mu mahoro!

Monday, November 28, 2022

MUTAGATIFU HERMANI, uwihayimana

Hermani -Hermann Contract- yavutse mu 1013, avukira Altshausen muri Swabiya. Hermani yavukanye ubumuga bw’ingingo. Hermani yari yaramugaye ingingo nyinshi z’umubiri, ku buryo nta kintu na kimwe yashoboraga kwifasha, ndetse no kuvuga byaramugoraga. Kubera ubwo bumuga Hermani yari afite, bakunda kumwita “Hermani ufite ubumuga.”

Ubwo Hermani yari agejeje imyaka irindwi, mu 1020, bamujyanye muri monasiteri ya Reichenau iri mu gihugu cy’Ubusuwisi. Hermani yamaze ubuzima bwe bwose yari asigaje muri iyo monasiteri. N’ubwo Hermani yari afite ubwo bumuga, yari umwana uhora yishimye, ku buryo abamonaki babaga muri iyo monasiteri bamukundaga cyane. Bavuga ko igihe Hermani yari akiri muto, umubyeyi Bikira Mariya yaramubonekeye, maze amuhitishamo kumuha kumukiza ubumuga cyangwa se kumuha ingabire y’ubuhanga. Hermani yahisemo ingabire y’ubuhanga. Ubwo Hermani yari yujuje imyaka makumyabiri, ni bwo yakoze amasezerano y’abihayimana muri iyo monasiteri.

N’ubwo Hermani yari afite ubumuga bw’ingingo, yari afite ubuhanga buhanitse, ku buryo yamenyekanye ku mugabane w’Uburayi. Hermani yamenyekanye cyane ku kuba ari we wahimbye amagambo ndetse n’umuziki by’indirimbo z’ibisingizo (hymns) z’Umuhire Bikira Mariya zizwi nka Salve Regina (bishatse kuvuga: Ndakuramutsa Mwamikazi) na Alma Redemptoris mater (bishatse gusobanura: Mubyeyi mwiza w’Umucunguzi). Byongeye kandi, Hermani yari umuhanga mu bijyanye n’amateka y’isi, ubusizi, ubumenyi bw’ikirere, umuziki, ndetse no mu mibare. Hermani yitabye Imana mu 1054, apfira muri ya monasiteri ya Reichenau. Kiliziya Gatolika yizihiza Mutagatifu Hermani kuwa 25 Nzeri.

(Iyi nkuru yubakiye ku byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, wo muri diocese ya Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA).

Umwuga: umwanzi w’ubukene, isoko y’umukiro

Umwe mu myuga yigishwa muriKiyonza tss

Mu mibereye ya Muntu, urugamba rwa mbere arwana kandi agomba gutisinda ni urwo kubaho, akabaho kandi ariho. Nimwibuke ya mvugo igira iti: “Ndiho ntariho!” Kubaho utariho; twabyita se kubaho urushya iminsi? Icyumvikana ni uko uvuga atyo aba abayeho nabi. Urugamba tugomba gutsinda ni urwo kurwanya ubukene kugira ngo tubashe kubaho neza, twiha icyo umutima ushatse. Kimwe mu ngabo idukingira ni umwuga. Twawita ingabo, twawita intwaro, nibyumvikane neza ko umwuga ari ingenzi. Ni ntasimburwa mu rugamba rwo kurwanya ubukene. Ni intambwe nziza mu rugendo rugana umukiro.

Uwize umwuga aba asezeye ku bukene. Iyo awurangije ntabura icyo kurya. Abamukenera ni benshi. Ni yo mpamvu kubona akazi wikorera cyangwa ukorera abandi bishoboka kandi vuba. Akarusho rero ni uko uwize umwuga bimworohera kwikorera ugereranije n’abize ubumenyi rusange. Si ikabya ry’umwanditsi, ni ihame ry’ubuzima. Umwuga ni Umwanzi w’ubukene, ukaba n’isoko y’umukiro. Ni umwanzi w’ubunebwe.

Kimwe mu bigo byigisha umwuga mu gihugu I KIYONZA TSS, iba mu karere ka Nyaruguru, mu murenge wa Ngoma. Itanga ubumenyungiro mu bwubatsi, ubutetsi, ububaji, gutunganya imisatsi n’ubudozi. Uwasingiza KIYONZA TSS, akayiratira abahizi, abahanga n’abacurabwenge b’ingeri zose. Yagira ati: “KIYONZA TSS uri umwanzi w’ubukene. Ntujya imbizi n’ubunebwe. Ubumenyi utanga ni nta makemwa bwuzuza bumwe rusanjye. Niyo mpamvu ababuhawe bakugana ngo batsinde ibibarushya”. Nta wize umwuga unebwa, ukorera ku ijisho cyangwa ku gasigane. Umunyamwuga ni nkore neza bandebereho.

Mutagatifu Roberto Belarmini, umwepiskopi n’umuhanga wa Kiliziya

Mutagatifu Roberto Belarmini yavutse mu 1542, yitaba Imana mu 1621. Mu mwaka w’1560, igihe Roberti Belarmini yari yujuje imyaka 18 y’amavuko, ni bwo yiyeguriye Imana mu muryango w’abayezuwiti. Hashize imyaka igera ku icyenda, yahawe umurimo wo kwigisha muri kaminuza y’i Luve (Louvain) no muri Koleji y’i Roma. Muri iyo myaka yose yahabaye intwari koko arwanya amafuti yariho muri icyo gihe. Inyigisho ze zishingiye ahanini mu kuvuguruza abigisha binyoma.

Mu 1599, Roberti Belarmini yagizwe kardinali. Ariko mu 1602, ahindurirwa imirimo yakoraga i Roma agirwa umwepisikopi wa Kapu. Kuko yari yaragaragaje ko afite ibitekerezo binyuranye n’ibya Papa mu nyigisho za Teolojiya. Aragenda rero ageze muri Diyosezi ye aba umushumba mwiza kandi ukunzwe cyane. Yahagurukiraga kugenderera kenshi za paruwasi ze, yamamaza Inkuru nziza atarambirwa. Nyuma y’urupfu rwa Papa mu 1605, Belarmini bamugaruye i Roma yongera gushingwa imirimo ikomeye mu buyobozi bwa Kiliziya.

Roberti Belarmini amaze kwitaba Imana mu 1621, umurambo we washyinguwe mu kiliziya yitiriwe mutagatifu Inyasi, hafi yaho bashyinguye umurambo wa mutagatifu Aloyizi, uwo yari yaratoje ubutungane bwa roho akamugeza ku butagatifu.

(Iyi nkuru yubakiye ku byakusanyijwe na padiri Theophile TWAGIRAYEZU, wo muri diocese ya Byumba. Ku yandi makuru ku nyandiko yakusanyije ku mibereho y'abatagatifu bariza kuri tel: 0788757494/ 0782889963, ubunyamabanga bwa SPES MEA).

Izindi nkuru wasoma ; 

  1. KIBUNGO, ibyiciro binyuranye byabonye abayobozi (2022-2023)
  2. Menya Diyosezi ya Butare n’abashumba bayiragijwe
  3. Menya Diyosezi ya Cyangugu n’abashumba bayiragijwe
  4. Menya Diyosezi ya Gikongoro n’abashumba bayiragijwe
  5. Menya Diyosezi ya Kabgayi n’abashumba 5 bayiragijwe
  6. Byinshi wamenya kuri Bazilika Nto ya Kabgayi 
  7. Menya Diyosezi ya Kibungo n’abashumba bayiragijwe

Sunday, November 27, 2022

Kiyonza TSS; Uwacu, inkesha ku murimo

Bimwe mu byigirwa muri Kiyonza TSS, harimo ubutetsi. Twakira abanyeshuri, tukabatoza guteka mu gihe cy’umwaka umwe. Ese umuntu yakwiga guteka, uwo si umurimo umwana atozwa n’ababyeyi be? Yego! Umuntu yakwiga guteka, akazobera mu butetsi bwa kinyamwuga. Ibyo bamwe bamenyereye, uwize ubutetsi abyise ukundi ntiyaba asebanya. Ntitwigisha guteka imvange y’ibishyimbo, impungure, ibirayi n’ibijumba bipfundikije amakoma. Dutoza abatugana guteka kinyamwuga, bamwe bita gisirimu. Uwigiye ubutetsi muri Kiyonza TSS, iyo aguteguriye ifunguro, ariguhana umutima mwiza. Urifungura umwenyura kuko ryuje ubwiza n’uburyohe rikesha umuteguro w’ababigize umwuga.

Abarimu b’inzobere nibo bafasha abanyeshuri kwihugura muri uyu mwuga. Ni umwe mu myuga myiza ihesha umuntu icyubahiro, igikundiro n’ubwamamare kuko ufite umwihariko mu kurengera bya hafi ubuzima bwa muntu. Uwabiteramo urwenya yavuga ko abiga ubutetsi ari abakozi bashinzwe kurengera…..! Uwacu muri uyu mwuga ni isoko y’ibyishimo n’imbaraga kubo ahaye serivisi. Aho ari ku murimo ni inkesha mu bakesha. Ni we uharirwa kubanza ngo yerekere abandi, na bo bakamwigera mu ngiro, no mu ntambwe ntibahuguke. Nimutugane mu Karere ka Nyaruguru, umurenge wa Ngoma.

Monday, September 26, 2022

Mutagatifu Eliya, uwicishije abahanuzi 400 ba Behali

… Umuryango w’Abakarumeli ni we bareberaho. Abahanuzi bavuze ko azabanziriza Mesiya. ku musozi wa Karumeli, yahiciye abahanuzi 400 ba Behali. Izina rye risobanura ngo “Imana yanjye ni UHORAHO.” …

Izina Eliya risobanura ngo “Imana yanjye ni UHORAHO.” Umuhanuzi Eliya wabayeho mu gisekuru cya IX mbere ya Yezu Kristu, yaba yaravutse mu mwaka wa 927 mbere y’ivuka rya Yezu Kristu, agasohoza ubutumwa bwe mu bwami bwa Israheli nyuma y’urupfu rwa Salomoni. Eliya ni umuhanuzi w’Uhoraho, Imana ya Isiraheli, akaba yarasenyeraga ikigirwamana cy’abanyakanahani cyitwaga Behali; umwamikazi Yezabeli akaba yari yarigize intumwa y’iki kigirwamana. Ni we abahanuzi bo muri Bibiliya bavuga ko azabanziriza Mesiya, mu bihe bya nyuma. Mbere y’uko ajyanwa mu ijuru mu nkubi y’umuriro, Imana ymukoresheje ibitangaza byinshi. Eliya yari umuturage wo mu ntara ya Galadi, akaba umunya Tishibe, akarere gaherereye ku nkombe ya ruguru y’umugezi witwaga Yaboki wo muri Isiraheli y’amajyaruguru.

Bibiliya itubwira ko Eliya yari afitiye Uhoraho ukwemera kwinshi, imuvugaho gukora ibitangaza byinshi birimo kuzura abapfuye no kumanura umuriro wo mu ijuru. Mu gitabo cya mbere cy’Abami, Eliya agaragara aje kuburira umwami Akabu, wa Isiraheli ko hagiye gutera amapfa. Amapfa amaze gutera, Eliya yagiye gukora umwiherero hafi y’umugezi wisuka mu ruzi rwa Yorudani, agatungwa n’amazi y’uwo mugezi n’umugati ibyiyone byamuzaniraga. Hashize igihe gito, uwo mugezi urakama, Eliya ajya kuba mu karere ka Sidoni, umupfakazi aramwakira, akajya amugaburira. Igihe umuhungu w’uwo mupfakazi yaje apfuye Eliya yaramuzuye. Eliya yongeye kwiyereka umwami, amutonganyiriza ko yongeye gutura ibitambo Behali, akareka umugore we Yezabeli agasangirira ku meza ye n’abahanuzi 400 b’ikigirwamana cyitwa Asitarite. Umwami yaje guhamagaza rubanda rwose, n’abahanuzi bose ngo baze ku musozi wa Karumeli.

Bimaze kugaragara ko abahanuzi ba Behali nta mana bafite, Eliya yatanze itegeko ryo kubica bose uko ari 400. Umwami Akabu amenyesha umugore we Yezabeli ibyakozwe na Eliya, nuko Yezabeli ashaka kwica Eliya, maze Eliya ahungira i Berisheba mu bwami bwa Yuda. Igihe Eliya acitse intege yaryamye munsi y’igiti kinini, Malayika aramugenderera, anamuha icyo kurya maze Eliya arakomeza ahungira ku musozi wa Horebu, aho Uhoraho yamugendereye mu kayaga gahuhera. Nyuma Imana yamutumye gusiga amavuta Hazayeli ngo azabe umwami wa Aramu, Yehu ngo azabe umwami wa Israheli na Elisha ngo azamusimbure. Hashize imyaka igera kuri itandatu, Eliya yamenyesheje Akabu na Yezabeli ko bazapfa urupfu rubi kubera ukuntu bihaye ku ngufu umurima wa Naboti. Muri iyo minsi, umwami wa Isiraheli Akabu na Jozafati umwami wa Yuda bishyize hamwe ngo barwanye umwami wa Aramu.

Muri urwo rugamba Akabu aricwa, asimburwa ku ngoma n’umuhungu we Akaziya, maze nawe akora nabi nka se. Nyuma y’iyo minsi, Eliya yari ari gutembera na Elisha maze inkubi y’umuyaga imutwara mu ijuru mu igare ry’umuriro. Eliya ni umwe mu bahanuzi bakomeye muri Isiraheli warwanye ishyaka ngo Umuryango w’Imana ukomeze kubahiriza isezerano wagiranye n’Uhoraho. Mutagatifu Eliya ni we Umuryango w’Abihayimana b’Abakarumeli bareberaho. Uyu muryango washinzwe mu kinyejana cya XIII. Twizihiza Mutagatifu Eliya kuwa 20 Nyakanga.

Izindi nkuru wasoma:

1.     Abakarumeli,umuryango ubarizwamo abasenyeri 21; ba Arikiyepisikopi 4 n’abepisikopi 17 bosebakiri mu butumwa bwa Kiliziya. Wareze abasaga 90

2.     Abakarumeli umubyeyi w’imiryango y’abihayimana isaga 15 

3.     Isakapulari y’Abakarumeli, isoko y’amahoro mu byago (iyi nkuru iragufasha kumenya ubwoko 16 bw’amasakapulari).

 Aho byavuye :

·        DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.163.

·        https://fr.wikipedia.org/wiki/%C3%89lie

·        http://viens-seigneur-jesus.forumactif.com/t27824-20-juillet-saint-elie-prophete



Mbese ubwo uzagarukira he 1 by Telias

Ana na Yowakimi, Ababyeyi ba Bikira Mariya

…. Imana yabatoreye kuba ababyeyi ba Bikira Mariya kuko byibuze bari abayoboke bayo badahemuka. Naho ubundi shitani yashoboraga kuzacyurira Bikira Mariya wayinesheje ko yabyawe n’abahemu…

Amavanjili ntacyo atubwira ku byerekeye ibikorwa byabo, usibye ko bahawe umugisha wa Nyagasani, we wabatoreye kubyara Mariya, Nyina w’umukiza Yezu Kirstu. Uko ikuzo rya Bikira Mariya rishingiye ku kuba yaratoweho kuba umubyeyi w’Imana ni na ko n’ikuzo ryabo rishingiye kuba baratoweho kuba ababyeyi ba Bikira Mariya umubyeyi w’Imana, Nyina wa Yezu Kristu. Ni ngombwa kudashidikanya ko Imana yaba yarabatoreye kuba ababyeyi ba Bikira Mariya kubera ko bari abayoboke bayo badahemuka. Mutagatifu Yohani Damaseni, abaramutsa abashimagiza muri aya magambo meza agira ati: “Yowakimi na Ana mwashakanye murahirwa, ikiremwa cyose kirabashimira. Ni mwe mwahaye isi ituro rihebuje andi maturo maze riturwa umuremyi. Iryo turo ryizihiye uwaryiremeye ni Bikira Mariya mubereye ababyeyi”.

Ana yari umuyahudikazi wo mu dusigisigi tw’abakene b’Uhoraho, wo mu muryango wa Yuda, akaba uwo mu muryango wa Dawudi. Nyuma ya Bikira Mariya, nta wundi mugore umurusha umugisha n’ubutungane. Ana yakuranye ubwitonzi, ukwiyoroshya no kumvira, kandi ahunzwe imigenzo myiza myinshi. Kuva kera, abakirisitu bakunze kumwiyambaza cyane kuko bamwizeragaho ubuvunyi ku Mana. Bavuga ko umubiri we abakirisitu baba barawushyinguye mu gihugu cya Gole (Ubufaransa bw’ubu). Uwo mubiri wavumbuwe mu gisekuruza cya VIII, nuko abantu bongera kubyutsa ka kamenyero ko gusura imva ye ntagatifu. Ariko cyane cyane, uwo muco wo kumwiyambaza wakomeye cyane mu gisekuruza cya XVII. Ndetse uko kumwiyambaza byatumye bakorerwa ibitangaza byinshi, cyane cyane, ahitwa Ore (Auray) hari ishusho ye.

Ku byerekeye mutagatifu Ana, Kiliziya Gatolika yigisha ko Imana igerera inema iduha mu nsi ku mumaro ishaka ko tuyishoborera. Ni byo byitwa inema z’ubutumwa bwacu mu nsi. Uko ikuzo rya Bikira Mariya ryose rishingiye ku kuba yaratorewe kuba umubyeyi wa Mwene Imana, ni ko n’ikuzo rya Mutagatifu Ana na ryo rishingiye kuba yaratorewe kuba umubyeyi wa Bikira Mariya na Nyirakuru wa Yezu Kristu. Ubutagatifu bufatira iteka kuri kamere y’abantu; Uhawe inema zikomeye asanganywe kamere nziza, ubutagatifu bwe burushaho kugira ubwiza bunyuze Imana. Ana rero ubwo yari yaratorewe kuba nyina wa Bikira Mariya, ahabwa n’inema zizamufasha kumurera uko Imana ishaka. Ni cyo gituma Kiliziya yemeza ko Mutagatifu Ana na we yahawe n’Imana inema zikomeye cyane, kuko yahawe iyo kubyara umugabekazi w’ijuru n’isi, Imana yamuhaye ikuzo rituma ari ku nkiko y’ubumana n’ubumuntu n’iryo kuba umubyeyi w’Imana.

Amavanjili matagatifu ntacyo atubwira cyerekeye ibikorwa bya Mutagatifu Ana. Impamvu y’ibanze ni uko kuba yarabyaye Mariya akamurera uko Imana ishaka, ibyo bitwumvisha ko Imana yamukunze mbere. Icyakora hari abanditsi bamwe ba Kiliziya bavuga ko Ana yabanje kubana n’umugabo we badafite umwana, hanyuma bakabyara Mariya bakuze. Ibyo ari byo byose Imana yabatoreye kuba ababyeyi ba Bikira Mariya kuko byibuze bari abayoboke bayo badahemuka. Naho ubundi shitani yashoboraga kuzacyurira Bikira Mariya wayinesheje ko yabyawe n’abahemu.

Naho mutagatifu Yowakimu, se wa Bikira Mariya, Imana yamutoreye kuzabyara nyina w’umucunguzi yamuhaye inema ikwiranye n’ubwo bukuru, imuha inema zo kurera uko bikwiye Mariya wahebuje ibiremwa byose ubutungane. Mu bayahudi babanaga, mutagatifu Yowakimi na Ana mutagatifu umugore we, batangaga urugero rwiza muri byose: mu gusenga Imana no gutagatifuza iminsi mikuru yayo, no kumvira amategeko ya Musa yose. Bikira Mariya amaze kuvuka bamutura Imana mu Ngoro, bamutoza imigenzo myiza yose yari yarahawe n’Imana agisamwa hamwe n’inema ntagatifu. Mutagatifu Yowakimi yabaye urugero mu rugo no mu mubano usanzwe we n’abaturage babanaga bari bazi ko ari intungane.

Yowakimi yaranzwe no kwihangana mu myaka yose igera kuri makumyabiri yamaze nta mwana. Kandi igihe we n’umugore we Imana ibahaye Mariya, yakurikije amabwiriza y’Uhoraho amutura Imana akiri muto ari mu kigero cy’Imyaka itatu. Nuko Yowakimi atura Imana umukobwa we w’ikinege Mariya. Bavuga ko yaba yarapfuye Mariya amaze imyaka umunani atuwe Imana, maze Yowakimi akagenda yishimye kandi ari intungane. Twizihiza abatagatifu Ana na Yowakimi kuwa 26 Nyakanga.

·       Ushaka kumenya byinshi:

1. ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.216.

2. ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015. p.205.

3.  http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/juillet/sainte-anne-et-saint-joachim-parents-de-la-vierge-marie-fete-le-26-juillet.html

4.http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/juillet/sainte-anne-et-saint-joachim-parents-de-la-vierge-marie-fete-le-26-juillet.html

Mutagatifu Fiyakiri, Umumonaki wigishiga ubuvuzi gakondo

Fiyakiri (Fiacre) yaba yaravutse ahagana mu mpera z’ikinyejana cya VI. Yari umumonaki ufite amavuko mu gihugu cya Irilande. Bavuga ko yaba yarageze aho i Mo (Meaux) mu mwaka wa 628. Yashinze ikigo cy’abamonaki mu Bufaransa, hafi y’ahantu hitwa Mo (Meaux), kikaba cyaraje kumwitirirwa kandi abantu benshi bakaba barazaga gusura icyo kigo nk’ahantu hatagatifu. Ni umwe mu batagatifu bamamaye mu gihugu cy’Ubufaransa, mu Bubiligi no mu Budage bw’uburengerazuba.

Se wa Fiyakiri yari umwami w’igihugu cya Irilande. Nuko Fiyakiri ava iwabo, ava mu gihugu cye kavukire, ajya mu gihugu cy’Ubufaransa ahagana mu gisekuru cya VII. Ageze mu Bufaransa yakiriwe na Mutagatifu Faroni umwepiskopi wa Mo (Meaux). Nuko aba uwihayimana uba wenyine mu ishyamba ry’ahitwa Bri (Brie). Yari umumonaki uzwiho kwita ku mirimo y’ubuhinzi. Bidatinze, aho hantu yiberaga hamenywa n’abakene benshi bazaga bamugana, maze na we akabatungisha imbuto n'imboga yasaruraga. Yabaga yarazibahingiye. Yitaga kandi kuri ubwo buhinzi kugira ngo abone ibyo yakiriza abagenzi, akenshi babaga bagiye gusura ahantu hatagatifu. Ni na yo mpamvu ari umurinzi w’abanyabusitani n’abahinzi b’imboga.

Amaze gupfa abantu benshi bagiye bamwitirira ibitangaza byinshi byo gukira indwara byabaga byabakorewe. Mutagatifu Fiyakiri abantu bakunze kumwiyambaza kugira ngo abakize indwara ya Kanseri. Aho yari ari kandi yigishaga abantu iby’ubuvuzi bukoresheje ibyatsi. Abantu benshi bazaga bamugana kubera ubutagatifu bwe, ibyo kandi byatumye azenguruka Ubufaransa ashaka uko yakomeza kwihererana n’Imana. Yari afite inyota ikomeye yo gushakashaka Imana. Iyo nyota ikaba ari na yo yatumye atita ku rwego rwe rw’uko yari umwana w’umwami, ahubwo akigira umukene, akanatangira kuzenguruka ibyo bihugu, ashaka uko yakwihererana n’Imana, akanabifatanya ariko no kwigisha Ivanjili abatarayimenya.

Uwa mbere wanditse iby’ubuzima bwa mutagatifu Fiyakri ni umwepiskopi wa Mo witwaga Hildegere wanditse ubuzima bw’umwepiskopi wamubanjirije, mutagatifu Faroni wari warabayeho mu gihe cya mutagatifu Fiyakiri. Atubwira ko Faroni yari azwi cyane n’abamonaki bo muri Irilande bazengurukaga bigisha Ivanjili mu Bufaransa bw’icyo gihe (Gaule), maze uwo mwepiskopi Faroni akabakira neza muri diyosezi ye, akabaha imitungo n’ibindi byabafasha. Ni muri ubwo buryo bavugamo ukuntu yahaye Fiyakiri ubutaka bwari ku birometero bibiri n’ibice uvuye aho i Mo, kugira ngo ahubake ikigo cy’abamonaki. Umwepiskopi yamusabye gufata ahantu azashobora kuzengurutsa umuringoti ukaba urubibi rw’aho hantu. Bavuga rero ko yaba yarafashe igitiyo, akagikurura inyuma ye, maze aho yagendaga anyura hakirema umuringoti munini, ndetse n’ibiti byari muri urwo rubibi bikagwa hasi bigatanga urubibi rugararara. Kandi aho hantu nubwo hari hanini cyane yahazengurukije umuringoti umunsi umwe. Bamuvugaho n’ibindi bitangaza byinshi.

Fiyakiri yitabye Imana ahagana mu mwaka wa 670. Banavuga ko amaze gupfa, umwami wa Irilande yaje gutwara umurambo we, ifarasi zawukururaga zikananirwa kuva aho ziri, akazibukira, agasubira mu gihugu cye atawutwaye. Twizihiza mutagatifu Fiyakiri kuwa 30 Kanama.

Aho byavuye:

·     DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.195.

·        https://nominis.cef.fr/contenus/saint/1763/Saint-Fiacre.html

·https://www.catholicireland.net/saintoftheday/st-fiacre-7th-century-patron-of-gardeners-and-taxi-drivers/

Mutagatifu Ejide (Jili), Umukuru w’abihayimana (+720)

Mu gihe cyo hambere mutagatifu Ejide yari umuntu uzwi cyane kandi ukunzwe na benshi muri Kiliziya. Kiliziya nyinshi zubatswe muri iyo myaka bakunze kuzimwitirira by’icyubahiro. Mutagatifu Jili, umumonaki uba wenyine, ari we Ejide (AEGIDIUS, mu kilatini), yavukiye mu mujyi wa Atene, avukira mu muryango wa cyami. Yize amashuri meza kandi yari umuhanga. Bavuga ko yanditse ibitabo byiza ku buvuzi ndetse n’iby’ibisigo, icyo yari azi cyane kurusha ibindi ni imibereho y’abatagatifu. Umunsi umwe, igihe yari agiye mu kiliziya, ahura n’umukene usabiriza, arwaye kandi yambaye utwenda tw’uducwabari, nuko asaba Ejide kumufasha. Agize impuhwe, Ejide yiyambuye igishura cye cyiza kandi cy’agaciro gakomeye aracyimwihera. Uwo mukene amaze kucyambara ahita akira indwara yari arwaye. Icyo gitangaza cyatumye Ejide yumva ko gufasha abakene bishimisha Imana.

Ababyeyi ba Ejide bamaze gupfa, afata ibyo yari atunze byose abiha abakene, maze yiyemeza kwikenesha no kwicisha bugufi ndetse no kwibabaza. Ejide yakomeje gukora ibitangaza byinshi kugeza n’aho bimuteye ubwoba bwinshi, nuko afata icyemezo cyo kuva mu gihugu cye kavukire, akajya mu bihugu by’Uburayi bw’Iburengerazuba.  Igihe yari ari mu nyanja, haza umuhengeri mwinshi, arasenga cyane, inyanja iratuza.  Ageze i Mariseye mu Bufaransa, yakijije umukobwa w’umunyacyubahirokazi wari wamucumbikiye. Ejide yaje kwibera hafi y’uruzi rwa Rone, mu ntara ya Langedoki mu gisekuruza cya VII. Yifuzaga kwibera wenyine, nuko abona ubuvumo bwari ahitaruye aba ari mwo yibera. Yasengaga hafi amanywa yose n’amajoro yose, mu isengesho risa n’iritaretsa, ashengerera Imana kandi ayihanze amaso. Yakundaga kwigomwa ibyo kurya iminsi hafi ya yose kandi yari atunzwe n’amata y’impala Imana yamwoherereje.

Nyuma y’imyaka itatu Ejide yibera muri ubwo buvumo wenyine, umunsi umwe, Wamba, umwami w’abavizigoti bo mu gihugu cya Hispaniya, yaje guhiga muri iryo shyamba ari hamwe n’abandi bahigi benshi. Ya mpala yari imutungishije amata yayo, iza yirukanka ikurikiwe n’imbwa, ihungiye kuri uwo mutagatifu Ejide, yananiwe kandi iri hafi kwicwa. Ejide yasabye Imana kurinda iyo nyamaswa itari igize icyo itwaye abahigi. Maze umuhigi wari ufite ishyaka ryo kurasa iyo mpala, ayirashe, umwambi ufata ikiganza cya Ejide. Umutera igikomere kitazakira. Bityo iyo mpala irarokoka, kuko umwami yageze aho Ejide ari, abona ikamba ry’ubutagatifu ryari rizengurutse uruhanga rwe, atanga itegeko ryo kurekeraho guhiga ya mpala.

Umwami Wamba yaje gusaba imbabazi uwo mutagatifu wari umurinzi w’iyo mpala, anazisabira abahigi be nuko bose bababarirwa. Ni muri ubwo buryo Ejide yumvishije umwami ko ari byiza kubaka urugo rw’abihayimana b’abamonaki aho hantu. Nuko umwami yubaka urwo rugo rwaje kwitwa urugo rwa mutagatifu Ejide w’i Gari (abbaye de saint-Gilles-du-Gard) rwaje kuba isangano n’uburuhukiro bw’abakora ingendo ntagatifu, ndetse n’abajya i Roma.

Urugo rumaze kuzura, Ejide yayoboye igihe gito abamonaki baje bamusanga muri urwo rugo, nyuma yaho yisubirira kuba wenyine. Agiye kurangiza iminsi ye ku isi, yaje kubana n’abamonaki be, kugira ngo aharangirize ubuzima bwe bwo ku isi. Bavuga ko abantu bakomeye bazaga kugisha inama Ejide, ari Papa, ndetse n’abami. Ndetse n’igikomangoma Karoli Marteli cyazaga kwaka isakaramentu rya Penetensiya kwa Ejide. Ejide yitabye Imana kuwa 1 Nzeri 720. Mutagatifu Ejide ni umuvugizi w’abacumbagira, akiyambazwa cyane n’abarwaye kanseri, abagore b’ingumba, n’abasabira ababana n’ubumuga bwo mu mutwe, abitwaga abasazi.

Aho byavuye:

·  ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.259.

·        https://sanctoral.com/fr/saints/saint_gilles_ou_egide.html

·        https://fr.wikipedia.org/wiki/Gilles_l%27Ermite

·        http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/septembre/saint-gilles-abbe-ermite-640-720-fete-le-01-septembre.html

·        DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.226.

Mutagatifu Berinarido, Umwarimu wa Kiliziya

I Fonteni mu Bufaransa ni ho Berinarido (Bernard de Fontaine, abbé de Clairvaux et Docteur de l'Église) yavukiye mu 1090. Kuva akiri muto yakundaga gusoma ibitabo by’iyobokamana, akabisoma yihereye wenyine. Berinarido yari umwana w’igikundiro mu bantu, ufite uburanga ariko akagaiva amagara make bituma ababyeyi n’abavandimwe be batamushimira kujya kwiha Imana. Bagize impungenge, bashaka kumubuza kuko babonaga afite amagara make. Ntibyamworoheye kuko abo bavukana n’abandi bana b’urungano rwe baramuteye ngo babimubuze.  Berinarido we akarushaga kuvuga neza. Imana iramushyigikira, abemeza kwiha Imana bose hamwe, aho kuba ari we bemeza kureka kwiha Imana.Igihe cyo kujya mu muryango w’abihayimana kigeze, bagenda ari mirongo itatu, bagiye i Sito, gusaba kwinjira mu muryango w’aba Trapisiti.

Muri abo bagiye i Sito, harimo na mukuru wa Berinarido witwaga Gido. Uyu ni we wabwiye Nivardi wari umuhererezi wabo ati: “Urabeho tugusigiye ibya data byose.” Nivardi na we, n’ubwo yari umwana muto cyane, yaramusubije ati: “Nanze ko mumpenda mumparira isi ngo mujyane ijuru”. Nyuma na we ndetse na se babakurikira mu buzima bwo kwiha Imana, baba na bo Abasisterisiyani. Nyuma kandi hari se wabo na bene wabo batanu bamukurikiye na bo biyegurira Imana muri uwo muryango. Amaze kuba umumonaki, Berinarido yarushijeho gushishikarira gusenga ataretse n’imirimo y’amaboko kandi igihe abonye akanya agakomeza kwihugura mu nyigisho za tewolojiya (ubumenyamana). Umumonaki Berinarido yaharanzwe no kubana neza na bagenzi be; abo yasanze muri uwo muryango, abo binjiranye n’abahamusanze bose yababereye urugero rw’umumonaki uzi icyamuzanye n’icyo kwiyegurira Imana bisobanura.

Mu 1115, Berinarido yashinzwe kubakisha no gutangiza ikigo i Klerivo, anakibera umuyobozi mu gihe cy’imyaka 38. Ikigo cya Sito, aho yinjiriye mu bihayimana n’ikigo cya Klerivo yashinze ubwe akakiyobora byombi byaramamaye cyane muri Kiliziya kuva Berinarido akiriho kugeza na n’ubu. Rubanda rusanzwe rwakundaga kugenderera Berinarido kubera inyigisho ze nziza n’inama zinyura umutima yabagiraga. Mu bo yagiraga inama kandi, akenshi zibandaga ku myifatire yabo mu mirimo bashinzwe, harimo n’abanyacyubahiro benshi; abami, abepisikopi, abasaseridoti, ndetse na Papa akamwandikira. Berinarido yakundaga cyane Bikira Mariya. Yasigiye Kiliziya inyigisho nyinshi. Izerekeye Bikira Mariya n’ibyo yamwanditseho ni nyinshi cyane kandi zihebuje mu bwiza. Kiliziya imuziho kuba umukunzi n’umutoni ukomeye wa Bikira Mariya.

Berinarido yabaye ikirangirire mu mibereho ye yo kwitagatifuza. Yitabye Imana kuwa 20 Kanama 1153, ashyirwa mu rwego rw’abatagatifu na Papa Alegisanderi wa III kuwa 18 Mutarama 1174. Ubuhanga bwihishe mu nyigisho ze bwatumye Papa Piyo wa VIII amugira umwarimu wa Kiliziya (Docteur de l'Église) mu 1830. Twizihiza Mutagatifu Berinarido kuwa 20 Kanama.

Aho byavuye:

· ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.249-250.

·   ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri. Nzeri 2015. P.232-233.

·     DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991. p.89.

·        https://st-bernard-escaut.cathocambrai.com/vie-saint-bernard-clairvaux.html

·        https : //fr.wikipedia.org/wiki/Bernard_de_Clairvaux

Mutagatifu Antoni; gushengerera byamugize umubibyi w’urukundo n’amahoro

Kuwa uwa 11 Gicuransi 2007,Antoni Galvão ashyirwa mu batagatifu

… Ni umubibyi w’amahoro n’urukundo, umwana n’umucakara wa burundu wa Bikira Mariya, wabashaga kuba ahantu habiri icyarimwe no kuba yahagarara mu kirere, ntacyo ahagazeho. Yakundaga gushengerera Isakaramentu Ritagatifu (un profond adorateur de l’Eucharistie) … 

Uyu Antoni (Antoine de Sainte-Anne Galvão) tuvuga, ni umutagatifu twizihiza kuwa 23 Ukuboza, umunsi yapfiriyeho mu 1822. Uwo ni Antoni Galvão wavukiye mu bwami bwa Brésil mu 1739, umupadiri witagatifurije mu muryango w’Abafransiskani (Frères mineurs déchaussés), akaba uwambere watangajwe nk’umutagatifu mu bakomoka mu gihugu cya Brésil. Antoni Galvão yavukiye mu muryango wifite kandi ukunda gusenga. Icyo gihe Brésil yari mu bukoloni, itegekwa n‘igihugu cya Portugal. Ababyeyi be bamureze neza, bamutoza gukunda Imana kandi na we agakunda abakene n’indushyi. Afite imyaka 13 nibwo yatangiye amasomo i Belém, mu iseminari y’Abayezuwiti (séminaire des jésuites de Belém) [Mu batagatifu basaga 54, harimo Abamaritiri basaga,32. Ni umuryango wabayemo abahanga ba kiliziya nka Mutagatifu karidinal Roberiti Belarimine (1542–1621). hanyuma aza kwinjira mu ba fransiskani b’i Rio de Janeiro. Aha ni ho yakoreye amasezerano yio kwiyegurira Imana, ahabwa izina rya Antoni wa Mutagatifu Ana (Antoine de Sainte-Anne), maze yitangira byimazeyo kwita ku bakene, abarwayi n’abacakara bari henshi muri Brésil.

Ahitwa São Paulo ni ho Antoni wa Mutagatifu Ana yaherewe ubupadiri mu 1762, anahakorera ubutumwa bwo kwita ku babikira bagenzi be, abafasha mu bujyanama no mu kwiyunga n’Imana. (Confesseur et conseiller spirituel des religieuses et des fraternités du Tiers-Ordre franciscain). Yashinze urugo rw’ababikira rwitiriwe Umwamikazi utarasamanye icyaha w’urumuli (Notre-Dame de l'Immaculée Conception de la Lumière, établissement conceptionniste), akaba yarashinguwe kuwa 23 Ukuboza 1822.

Mu buzima bwe, yaranzwe no kubiba amahoro n’urukundo rwagati mu bantu (Homme de paix et de charité). Yakundaga abavandimwe be, cyane cyane abarwayi n’abacakara yitangiye mu kwemera gutagatifu kwa Kiliziya. Antoni yakundaga kandi ku buryo bwihariye Bikira Mariya, akamwiyambaza igihe cyose. Ni yo mpavu bamwise umwana n’umucakara wa burundu wa Bikira Mariya (le fils et l'esclave perpétuel). Umwana wa Mariya burya nta tana n’Ukaristiya, ifunguro ry’ubugingo. Antoni wa Mutagatifu Ana yaranzwe, mu mibereho ye, no gushengerera Isakaramentu Ritagatifu (un profond adorateur de l'Eucharistie), na yo imubera isoko y’imbaraga mu rugendo rugana Ijuru. Yakundaga ubusizi n’uvuvanganzo, agakundirwa inyigisho n’inama bye byuje ubuhanga byanyuraga benshi. Yari afite impano nyinshi yagabiwe n’Imana. Twavuga nko kuba ahantu habiri icyarimwe (don d'ubiquité) n’iyo kuba yahagarara mu kirere, ntacyo ahagazeho, ntagwe cyangwa ngo atwarwe n’umuyaga (don de lévitation).

Ni papa mutagatifu Yohani Pawulo wa II wamushyize mu rwego rw’Abahire kuwa 25 Ukwakira 1998, aba atyo uwambere mu bakomoka muri Brésil ugeze kuri urwo rwego. Dore uko Papa Benedigito wa XVI yamuvuze mu nyigisho yatanze ubwo yamushyiraga mu rwego rw’Abatagatifu, i São Paulo, kuwa 11 Gicuransi 2007. (Extraites de son homélie de canonisation) :

1.    Yaganwaga na benshi ngo abafashe kwiyunga n’Imana, kuko yari yuje ubwitange, ubuhanga n’ubwitonzi. « Il était très recherché pour les confessions, car empli de zèle, de sagesse et de prudence ».

2.  Yabaye umujyanama w’ikirangirire, ubiba amahoro mu mitima no mu miryango, umugabuzi w’urukundo, by’akarusho ku bakene n’abarwayi. « Il fut un conseiller réputé, le pacificateur des âmes et des familles, le dispensateur de la charité, en particulier envers les pauvres et les malades ».

Imitima y’abemera Imana yamwigiraho kurangwa n’urukundo rudaheza, rudakorera inyungu y’isi. Yamwigiraho kuba abanyamahoro hose no muri bose, gukunda no gukindisha abandi Bikira Mariya n’umugenzi mwiza wo kurangamira Imana mu gushengerera Ukaristiya. Umubiri wa Yezu. Gushengerera Yezu Kristu byamuhaye kuba umubibyi w’urukundo n’amahoro rwagati mu bantu, bimugira umwana wa Bikira Mariya kuko burya umwana wa Yezu ni we mwana wa Bikira Mariya. Mutagatifu Antoni, udusabire !

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...