Friday, February 4, 2022

Aho afungiye, yohorerezwaga abakobwa bo kumutesha ubumanzi

Mutagatifu Tomasi w'Akwini
Yahuye n’akaga gakomeye azira kuba ashaka kwiha Imana, ibizungerezi byahawe ubutumwa byagombaga gusohoza mu gihe cy’ijoro ngo bihemuze uwamaramaje kwegukira Imana. Uwo ni   Tomasi wa Akwini twahisemo kubabwira. Yabaye, Umusaseridoti w’umudominikani w’umuhanga mu nyigisho za Kiliziya watsinze ibyo bigeragezo. 

Hafi ya Akwini mu Butaliyani, mu magorofa y’ahitwa Roka Seka, ni ho Mutagatifu Tomasi wa Akwini yavukiye mu 1226. Yabaye, mu gihe cye, umuhanga utagereranywa, n’urumuri rutangaje rw’ibihe byose muri Kiliziya Gatolika. Mu buryo butangaje, urukundo yakunze Bikira Mariya, Umubyeyi w’Imana, yerugagaje akiri uruhinja. Tomasi wa Akwini hari ubwo agapapuro kari kanditseho ngo “Ndakuramutsa Mariya” kamuguye mu ntoki, umukozi wo mu rugo agerageza kukamwaka biba iby’ubusa. Bigeze aho, nyina akamushikuza, Tomasi ararira arahogora bakamushubije ahita akamira ahera ko ahora, aseka yishimye. Amaze imyaka 5 avutse bamujyanye i Monkasini mu bamonaki ba mutagatifu Benedigito, nyuma bamwohereza i Napule kuba ariho arangiriza Koleji. Ubuzima bwe bwa kinyeshuri bamwitaga “Imfizi icecetse” kuko yakundaga guceceka kandi akaba atuje.

Ubwo Mutagatifu Dominiko umukurambere w’abadominikani yandikwaga mu gitabo cy’abatagatifu, Tomasi yagiye kureba ibirori Kiliziya igira iyo banditse umuntu mu gitabo cy’abatagatifu. Anyurwa n’ibyo yisomeye byanditswe kuri uwo mutagatifu, bimujya mu mutima cyane bituma asaba umukuru w’abadominikani kwinjira mu muryango wabo, baramwakira atangira Novisiya ubwo. Icyo gihe se yari amaze iminsi mike apfuye, abavandimwe be na Nyina bamenye ko yagiye kwiha Imana ntibabyishimira, birabarakaza cyane. Bahengera igihe yoherejwe kwiga i Parisi mu Bufaransa n’abakuru b’abadominikani, bamufatira mu nzira bamujyana, kumufungira mu rugo rwabo rukomeye rwitwa urwa Mutagatifu Yohani.

Tomasi wa Akwini yageragejwe bikomeye ngo areke kwiha Imana ariko biba iby’ubusa kuko Imana yari yamwigombye kandi ntakiyirushya amaboko. Umuryango we wagerageje byinshi ngo umuteshe kwiha Imana kugeza n’ubwo bajya bamwoherereza nijoro abakobwa beza bo kumushuka ngo bararane bamuteshe byibura ubumanzi bwe bwa gikirisitu yari akomeyeho cyane. Bibwiraga ko nibishoboka bibabera inkunga yo kumugamburuza. Uko abo bakobwa baje bagasanga Tomasi yitabaje urukwi rwaka akaba ari rwo abirukanisha.  Kugira ngo ave aho hantu, bashiki be ni bo bamucikishije bamunyujije mu idirishya, bari bamaze kubona musaza wabo arengana. Tomasi yasubiye atyo i Napule, umukuru w’abadominikani bose amutumiza i Roma, hanyuma amwijyanira ubwe i Parisi, kwiga Filozofiya na Tewolojiya, agakunda gutangiza isengesho buri icyo agiye kwiga. Yigishijwe na mutagatifu Alberiti mukuru wabaye na we umutagatifu n’umuhanga mu nyigisho za Kiliziya.

Tomasi yasomaga yitonze ibitabo abanditsi n’abakurambere ba Kiliziya banditse byose, asesengura ibitekerezo byabo, hanyuma akabisobanura ku buryo bw’agatangaza uko yabyumvise mu bwenge bwe.  Kugeza ubu, nta n’undi nyuma ye wigeze amurusha kwerekana uburyo ubwenge buzima bwa Filozofiya butegura ubwa Tewolojiya. Kandi ibitabo bye ni byo bigifatirwaho mu nyigisho zose za Tewolojiya (Ubumenyamana) na Filozofiya (Ityazabwenge) gatolika y’ukuri kuzima.  Yari umuhanga utangaje ku buryo abandi bamubonaga nk’ufite ubwenge nk’ubwa kimalayika.  Ubuhanga n’ubutagatifu bwe bwatumye Papa Urbano IV amushinga kwandika Misa yose n’indirimbo z’Isakaramentu, harimo na Rata Siyoni, ya yahimbye, ikaba imaze imyaka hafi Magana inani. Bashatse kumugira umwepisikopi arabananira rwose. Imana yari yaramuhaye ububasha bwo gukora ibitangaza.

Yapfuye kuwa 7 Werurwe 1274 ajya mu nama Nkuru ya Kiliziya yabereye Liyo mu Bufaransa icyo gihe. Papa Yohani wa XXII yamwanditse mu gitabo cy’abatagatifu kuwa 18 Nyakanga 1323. Papa Piyo wa V yamwanditse mu gitabo cy’abahanga mu nyigisho za Kiliziya mu 1567. Uwategetse ko Filozofiya na Tewolojiya gatolika y’isi yose byigishwa bifatiye ku byo mutagatifu Tomasi yanditse ni Papa Lewo wa XIII. Yitwa “umuhanga kimalayika (docteur Angelique), ariko na mbere yararihoranye. Tumwizihiza ku tariki 28 Mutarama.

Ushaka kumenya byinshi wasoma :

 ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, 2eme ed. sept. 2015. P.57-58

http://www.sanctoral.com/fr/saints/saint_thomas_d_aquin.html                                                                             http://docteurangelique.free.fr/saint_thomas_d_aquin/biographies.html                                                              DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographiqueCyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.p.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...