Monday, February 28, 2022

Mutagatifu Polikaripo, umwigishwa wa Yohani Intumwa

 “Sinkwirengagije kubera ko ntakuzi; nkwirengagije ahubwo kuko nkuzi neza, burya nzi ndetse ko uri imfura mu bana b’abahungu Shitani ibyaye.”

Amateka y’ubuzima bwa Mutagatifu Polikaripo

Mutagatifu Polikaripo akomoka mu bwami bw’abaperise akaba yarageze i Smyrne muri Turikiya y’ubu azanywe n’abacuruzi. Icyo gihe Polikaripo yaguzwe n’umugore w’umukristu kandi ugira impuhwe witwa Callista. Uwo mubyeyi yamureze neza kandi amutoza ubukristu kandi ni we yaraze ibye. Polikaripo yakoresheje uwo murage abaho ubuzima bwuje ubumunzi, ahugukira kumenya ibyandistwe bitagatifu kandi anitangira abarwayi, abamugaye n’abageze mu zabukuru. Mutagatifu Polikaripo yabaye umwigishwa wa Yohani, Intumwa yabanye na Yezu. Ni Yohani wamutoreye kuba umwepiskopi wa kabiri wa Diyosezi ya Smyrne (ubu ni Izmir muri Turikiya), nuko yitangira umurimo ukomeye wo kwamamaza Inkuru Nziza. Yabaye umwepiskopi w’ikirangirire mu ntangiriro za Kiliziya. Mu mwaka w’ 154 yatorewe guhagararira Kiliziya ya Aziya, hanyuma ahagana mu 160 yoherezwa i Roma, ahagarariye iyo Kiliziya, ngo aganire na papa Aniset ku ngingo zinyuranye, nk’ijyanye n’itariki ya Pasika, zatumaga kiliziya y’iburengerazuba itumvikana n’iy’iburasirazuba. Yitangiye kurwanya inyigisho zinyuranye n’ukuri gutagatifu; arangwa n’ishyaka rya Kiliziya ku buryo bwose, yamamaza Ivanjili uko bikwiye kugeza ubwo yemera no kuzira izina rya Kristu. Polikaripo yabaye inshuti ikomeye ya mutagatifi Inyasi wa Antiyokiya; rimwe Mutagatifu Inyasi yamwandikiye aya magambo:

Umunsi umwe, umukristu wari warataye ubukirisitu yihandagaje cyane imbere ye, Polikaripo asa n’utamureba arikomereza, nuko undi ati: “Kuki unyirengagiza ubwo ntunzi?” Polikaripo ati: “Sinkwirengagije kubera ko ntakuzi; nkwirengagije ahubwo kuko nkuzi neza, burya nzi ndetse ko uri imfura mu bana b’abahungu Shitani ibyaye.” Ayo magambo akarishye mu yavuze mu bihe Kiliziya yari itarakomera kandi itangiye gutotezwa yabaye umusemburo ku barwanyaga Kiliziya. Bidatinze, abanzi ba Kiliziya na we baramufatisha.

Igihe atungutse imbere y’umucamanza n’imbaga y’abantu yari iteraniye aho, umucamanza aramubaza ati: “Ni wowe Polikaripo?” Undi ati: “Ni njye”. Umucamanza ati: “niba waranasaze, girira izo mvi zawe, maze uvume Kristu, nkunde nkurekure utari waribwa n’intare ngo zigutanyaguze”. Polikaripo ati “namukoreye imyaka mirongo inani n’itandatu anyitura ineza gusa, Nabasha nte kumuvuma? Ni Umuremyi wanjye, Umwami wanjye n’Umukiza wanjye!” Umucamanza ati “uzi ko mfite intare ziteguye kugutanyaguza?” naho Polikaripo agakomeza guhamya Kristu nta mususu. Umucamanza ngo yumve ayo magambo yose amaze kuvuga, arabisha bikomeye, niko kutegeka ko Polikaripo bamujugunya mu itanura ryatuye. Abo bishi bashatse kumuzirika, Polikaripo arababwira ati: “Mwikwirushya mumboha; Kristu mpowe aramfasha ubwe, sindibwinyagambure na gato”. Nuko Polikaripo yubura amaso arasenga; bamujugunya mu itanura aririmba kandi asingiza Nyagasani. Hari abemeza ko uwo muriro ntacyo wamutwaye, ahubwo impumuro nziza yatamye hose ubwo umuriro wari umaze kumurengera wese hanyuma aterwa icumu mu mutima.  Polikaripo yavutse mu mwaka wa 87, ahorwa Imana mu 167. Kiliziya imwizihiza kuwa 23 Gashyantare. Ushaka kumenya byinshi wasoma kandi igitabo cyitwa ‘ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi’, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.62-63.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...