Monday, February 28, 2022

Amateka ya Mutagatifu Nestori, Umwepiskopi wahowe Imana

 

“ugatinyuka ukatwitira imana amashitani?”…“imana zanyu ni ko bazita, si njye utangiye kuzita ntyo. Kandi rero abo shitani zihanzeho, bagakizwa barabyiyemerera kugeza ubu.”

Mu kinyejana cya gatatu, Nestori yabaye umwepiskopi wa Majidosi mu ntara ya Pamfiliya, ubu ni mu gihugu cya Turukiya. Igihe iteka ritoteza abakirisitu ry’umwami w’abami witwaga Desi ritangajwe, abantu bose babonaga ko Nestori ari we uzafatwa mbere kuko n’abapagani bari bazi ko ari umuntu udahemuka mu kwemera. Yari umuntu wubashywe cyane mu gihugu wahisemo kumvira Ibyandistwe bitagatifu aho kumvira abantu. Igihe cye cyo guhorwa ukwemera cyegereje, yasabye abakiristu be guhunga nyamara we ntiyahunga. Ubwo boherezaga abamufata, yarabimenye, aho kubahunga arabasanganira, na bo bamushyira abacamanza. Nestori ahageze, abacamanza barahagurutse kuko bari bamwubashye nuko bamwicaza ku ntebe hafi yabo kubera icyo cyubahiro. Nestori ababaza icyo ahamagariwe, bati: “ntukiyobewe, ni ukugira ngo utubwire ko wemera gukurikiza iteka rya Kayizari ryo gusenga imana z’igihugu n’iz’abanyaroma”. Nestori ati: “iteka nzi ry’iyobokamana ni iry’Imana nzima; irya Kayizari sindizi.” Bakomeza kumwiginga bati: “Nestori, emera ku neza gusenga imana Kayizari ashaka ko zisengwa, widutera kugucira urubanza.”

Nestori ntiyava ku izima, arabasubiza ati: “Nemeye kumvira gusa amategeko matagatifu y’umwami w’isi n’ijuru.” Nuko umucamanza ararakara, arahaguruka, ati: “uhanzweho na shitani.” Nestori ati: “icyaguha ari wowe kudahangwaho n’amashitani, wowe uyasenga”. Iki gisubizo ubwacyo cyashegeshe abacamanza kandi gikomeza kubarakaza cyane. Umucamanza yabwiye Nestori ati: “ugatinyuka ukatwitira imana amashitani?” Nestori aramusubiza ati: “ imana zanyu ni ko bazita, si njye utangiye kuzita ntyo. Kandi rero abo shitani zihanzeho, bagakizwa barabyiyemerera kugeza ubu.” Umucamanza, wibwiraga ko Nestori aribuze kugamburuzwa n’ububabare, ati: “wanze kwemera ku neza ko imana dusenga atari amashitani, uraza kubyemezwa n’inabi.” Nibwo Nestori akoze ikimenyetso cy’umusaraba, ati: “mwinkangisha ububabare bw’umubiri. Ntinya gusa ubwo nagira ari igihano cy’Imana yanjye. Ubwo wantera wowe na guverineri simbutinya; ntibuteze kandi kumbuza gusenga Krisitu, Mwene Imana nzima.” Abari aho bamaze kubona ko Nestori adahinduka ngo asenge imana zabo, bamujyana kwa guverineri, bibwira ko wenda yaza guhinduka.

Guverineri yabajije Nestori izina rye, Nestori ati: “Ndi umukirisitu.” Guverineri ati: “sinkubaza icyo uri cyo cyangwa ubwoko bwawe, ndakubaza izina ryawe.” Nestori aramusubiza ati: “ndi umukirisitu, na ho iry’ababyeyi bampaye ni Nestori.” Guverineri ati: ngaho, senga imana zacu utaruhije. Uramutse wanze kuzisenga nkakwica nabi. Wakwemera nkandikira Kayizari akakugira umuherezabitambo mukuru w’imana zacu.” Nestori ati: “rekera aho, ntabwo nteze guhakana umwami wanjye Yezu Kristu n’aho wagira ute!” nuko bamurambika ku gitanda gifite rasoro zikurura amaguru n’amaboko impande zose byo kuyatanya.

N'ubwo yababazwaga bikomeye, ntibyamubujije gusingiza Imana, avuga aya magambo ya zaburi ngo: “Izina ry’Imana nzarisingiza iteka, ikuzo rye rimpore ku rurimi.” Nestori yakomeje gusubiza neza, bigakoza isoni abashakaga kumutesha ukwemera gutagatifu, birabarakaza cyane bati: “nibamubambe ku musaraba nka Kirisitu we akomeyeho atyo.”  Nuko bawumubambaho, apfa asabira abakiristu kudahakana no kutamuhemukira Uwabapfiriye ku musaraba. Hari mu mwaka wa 251. Kiliziya imwizihiza kuwa 26 Gashyantare.

Ushobora no gusoma ibi: ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri,.Nzeri 2015.p.84. na DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.p.368.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...