 |
Bikira Mariya w’ububabare burindwi |
Isakapulari ya
Bikira Mariya w’ububabare burindwi ikunzwe gukoreshwa n’abo mu muryango
w’Abagaragu ba Mariya (servites de Marie) ariko ntihejwe mu bandi bakristu.
Izwi nanone ku izina ry’isakapulari yirabura ariko abantu ntibagomba
kuyitiranya n’isakapulari yirabura y’Ububabare bwa Yezu. Igizwe n’uduhande
tubiri twirabura n’umushumi ushobora kugira irindi bara ritari umukara. Iyi sakapulari
igira ishusho ya Bikira Mariya w’ububabare burindwi n’umutima wahuranijwe n’inkota ndwi. Intego yo kwambara iyi sakapulari ni
ukogeza kwiyambaza (dévotion) ububabare bwa Yezu n’ubwa Mariya (Passion du
Christ et des Douleurs de Marie) no kugira uruhare ku byiza, ibikorwa byiza
n’amasengesho, byagenewe abihayimana bo mu muryango w’abagaragu ba Mariya.
Bivugwa ko kuwa 25 Werurwe 1239, Bikira Mariya yabonekeye abacuruzi bari
biyemeje gusengera ku musozi wa Senario, nyuma y’uko bavuye aho babanje, mu
1233. Ubu hubatse bazilika ya Santissima Annunziata. Abo bacuruzi ni bo
bashinze umuryango w’abagaragu ba Mariya.
Bikira Mariya yababonekeye akikijwe n’abamalayika, umwe muri abo
bamalayika afite umwambaro w’umukara mu biganza bye, Bikira Mariya yasabye
ababonekewe ko bakwambara uwo mwambaro hamwe n’isakapulari bibuka ububabare bwa
Yezu n’ubwa Bikira Mariya. Abagaragu ba Mariya nibo bitangiye umurimo wo
gukwirakwiza iyo sakapulari ku bifuza kubaha ububabare bwa Bikira Mariya, bashinga
imiryango (confréries) hirya no hino kugira ngo abayigize bajye bubaha
by’umwihariko ububabare burindwi bwa Bikira Mariya.
 |
Isakapulari ya Bikira Mariya w’ububabare burindwi |
Ni Nyirubutungane
Papa Pawulo wa
V, kuwa 14 Gashyantare 1607, wahaye ububasha umukuru w’Abagaragu ba Mariya bwo
gushinga imiryango aho bakorera ubutumwa (confréries dans les églises de leurs
ordres) abyemerewe n’umwepiskopi wa diyosezi. Mu nyandiko yo kuwa 18 Nzeri
1628, Nyirubutungane Papa Urubani wa VIII yashigikiye icyemezo cya mugenzi we,
atanga uruhushya rwagutse rwo gushinga imiryango (confréries) muri kiliizya
zose ku bwumvikane na musenyeri wa diyosezi ndetse na padiri mukuru wa paruwasi
bashaka gukoreramo.
Abayobozi ba Kiliziya banyuranye bageneye indulujensiya isakapulari ndetse
n’umuryango uyishingiyeho ; papa Inosenti wa XI mu 1645, papa Benedigito
wa XII kuwa 23 Nzeri 1724, Kelemeti (Clément) wa XII kuwa 12 Ukuboza 1734, na
papa Lewo wa XIII nyuma y’uko izo ndulujensiya zose zihurije hamwe, zikanozwa
n’urwego rubishinzwe (congrégation des indulgences) kuwa 7 Werurwe 1888.
No comments:
Post a Comment