Friday, February 11, 2022

Mutagatifu Blazi, Umwepiskopi wahowe Imana

 

"Ni ibikoresho bya shitani, niyo mpamvu ntashobora kubiramya."

AMATEKA YA MUTAGATIFU BLAZI (BLAISE, BIAISE)

 Yavukiye i Sebaste muri Arumeniya mu kinyejana cya gatatu. Ni Umwepiskopi w’Umumaritiri, akaba n’umwwe mu batagatifu babaye ibyamamare kandi biyambazwa cyane n’abakristu. Mbere yari Umuganga w’icyamamare ariko akaba n’umukristu nyawe. Abakristu b’aho i Sebaste muri Armeniya bamutorera kubabera Umwepiskopi. Ariko nyuma yo kuba Umwepiskopi, abibwirijwe na Roho Mutagatifu, yarekuye intebe y’Ubwepiskopi. Myuma yo kwegura ku ntebe y’ Umwepiskopi, yagiye kwibera ku musozi wenyine asenga, yibanira n’inyamaswa, akazisabira maze izirwaye zigakira. Ntibyumvikanaga uko umuntu yabana neza n’inyamaswa z’inkazi: intare nyinshi, ingwe nyinshi, impyisi n’ibirura ishyano ryose, ibi byatumye abapagani bari baturiye uwo musozi babibwira Guverineri. Uwo muyobozi yohereje ingabo nyinshi kwirukana izo nyamaswa, maze blazi afata ubwo bakeka ko yasaze, nuko bamukura kuri wa musozi kugira ngo ajye gusengae ibigirwamana byabo. Blazi yabwiraga Guverineri ko nta bubasha afite bwo kumutandukanya n’Imana asenga. Abo bagome batoteza abakristu baramufashe, baramukubita maze bamunaga mu buroko.

Igihe cyo kumucira urubanza kigeze, umucamanza yaramubwiye ati: “Emera uhakane Imana yawe maze usenge ibigirwamana byacu bityo tukureke amahoro; nibitaba ibyo urababazwa birenze”. Blazi we yarabasubije ati: “Erega ibyo bigirwamana si Imana, ahubwo ni ibikoresho bya shitani. Niyo mpamvu ntashobora kubiramya.” Bamaze kubona ko Blazi, Umwepiskopi, akomeye ku kwemera kwe, Guverineri yategetse ko bamuzirika ku igare rikururwa n’amafarasi, bakagenda bamukubita ibyuma mu mugongo. Bamaze kubona ko bamuhinduye inguma hose, bamugaruye imbere ya Guverineri maze Blazi aramubwira ati: “Ndabona Ijuru rikinguye, iby’isi nta gaciro bifite mu maso yanjye; ubu bubabare muntera ni ubw’akanya gato ariko igihembo kintegereje mu ijuru ni icy’iteka.”

Bangeye kumujyana mu rukiko ngo bamuhatirize guhakana ukwemera kwe ariko biba iby’ubusa, niko kumunaga mu kiyaga cyari hafi aho ngo bamurohe apfe, ariko ku bw’ububasha bw’Imana batangazwa no kubonesha amaso yabo Blazi baroshye yigendera atembera hejuru y’amazi nk’aho ari ku butaka. Nyuma Blazi baramufashe bamuca umutwe, Hari kuwa 3 Gashyantare 320 ku ngoma ya Luciniyusi. Abafite uburwayi bwo mu mihogo bakunda kumwiyambaza kuko bivugwa ko ubwo yari mu buroko, bamuzaniye umwana wanizwe n’akagufwa k’ifi, akamusabira amukoreraho ikimenyetso cy’umusaraba, maze umwana agakira. Tumwizihiza kuwa 11 Gashyantare.

Ushaka kumenya byinshi wasoma:

ABATAGATIFU DUHIMBAZA BURI MUNSI, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.41-42.

ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, 2eme ed. sept. 2015.p.64-65.

DIX MILLE SAINTS,Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.p.94.       

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...