Wednesday, February 16, 2022

Nta bukristu buzira umusaraba

Mu myemerere ya gikristu, umusaraba ni igikoresho cyubashwe, gikoreshwa mu buryo butandukanye bitewe n’aho umuntu asengera. Byumvikane ko uko ukoreshwa mu nsengero bigenda bitandukana; ukoreshwa ku nsengero n’ahandi abakristu bateguye gusengera, ushyirwa kumva, ugashyirwa ku nyubako z’abakristu b’ingeri zinyuranye; mu mazu no mu zindi nyubako zigengwa n’abihayimana n’ahandi. Icyo abakristu bose bahuriraho ni uko umusaraba ari ikimenyetso cy’itsindwa ry’icyaha n’urupfu, ukaba ishema ry’umukristu n’isoko avomamo imbaraga atsindisha icyaha.  Umusaraba ni ikishongoro cy’umukristu, bityo rero Nta bukristu buzira umusaraba. “Naho njyewe nta kindi nakwiratana kitari umusaraba wa Nyagasani wacu Yezu Kristu: ni wo iby’isi bibambiweho, nanjye nkaba mbibambiweho” (Gal 6,14). Umusaraba ni igisobanuro cy’urukundo rw’Imana, rumwe rwitanga ubutiramira, kugeza no ku gatonyanga ka nyuma k’amaraso. Mbega umusaraba ngo uraduhishurira koko ukuntu Imana ari urukundo, yo yatanze Umwana wayo w’ikinge igira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka kandi ukomeza kuduhishurira ukuntu Yezu adukunda bizira uburyarya kuko yawumanitsweho kugira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka (Yh.3,16; 1Yh. 4, 9).

·        Umusaraba wa Yezu Kristu ni ishingiro ry’ubukristu

Nk’uko Pawulo Mutagatifu atwibutsa, Urupfu n’Izuka bya Kristu Yezu ni Inkuru Nziza twemeye kandi tugomba kwamamaza dushize amanga (1 Kor 15,1-5). Kuvuga urupfu n’izuka bya Kristu ni ukuvuga umusaraba we. Umusaraba wa Yezu ni Inkuru Nziza ihimbaje abakristu bose, bamaze kumva neza igisobanuro cyawo, bityo ukabatera kunga ubumwe, bagirira ko ari wo abantu bose bakesha umukiro. Uko urupfu rwa Yezu rudatana n’izuka rye, ni ko udashobora kumuvuga usize umusaraba, kandi ni na ko udakwiye gutandukanya ubukristu n’umusaraba. Umukristu ni inshuti y’umusaraka kuko uwo yamamaza ari Kristu wabambwe ku musaraba, akadupfira, akazukira kudukiza (1 Kor 1, 23; 1 Kor 2, 2; 2 Kor 5,14-15). Urupfu rwa Yezu rwaradukijije n’izuka rye turikesha amezero atuma tumukomeraho. Umusaraba ntugarukira ku bwoba bw’urupfu ngo twibagirwe ko Yezu wawuguyeho yazutse. Ngicyo igisobanuro nyacyo cy’umusaraba, urupfu n’izuka ntitana. Twaba turuhira ubusa iyo umusaraba uza guheza Yezu mu mva, ariko kuko yazutse, ukwemera kwacu gufite ishingiro, niyo mpavu gupfa bitubera inzira yo gusanga Imana aho kuba igikangisho gituma twihakana Imana.

·        Umusaraba wa Yezu Kristu unagura ubuzima bw’uwemera

Hambere umusaraba wari ruvumwa; aho Kristu awumanitsweho, warakujijwe kuko Yezu yawuvuguruye, awuzurizaho ibyavuzwe n’abahanuzi, uhinduka Alitari Umusaseridoti Mukuru yatwitangiyeho. Ba nyamurwanya Kristu bishe Yezu bagira ngo ibye birahita bisibangana, bishe intumwa n’abandi bakristu bagira ngo Inkuru Nziza izime. Ntibyabaye, ahubwo abahowe Imana babaye abahamya b’uko babambanywe na Kristu kandi bakazukana na we. Batasimu bahawe ihamya ko muri Kristu wazutse nta gutinya urupfu, ko ahubwo ububabare bw’inabi ya muntu bumufasha guasangira ububabare hamwe na Kristu kugira ngo arusheho kuba muri we (Lk 14,25-27). Ng’uko uko umusaraba uvugurura ubuzima bw’umukristu, agasohoka mu gikonoshwa cy’ubwoba, akajya guhamya iby’uwo musaraba, arinako yishimira kwitangira abandi nka Pawulo mutagatifgu wavuze ati: “Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara arimwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu, nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we ariwo Kiliziya” (Kol 1,24). Urupfu n’izuka byakangaye abifuzaga gucecekesha abahamya ba Yezu, bityo umusaraba uhinduka igisingizo cy’uwa Kristu nyamara warahoze ari igikoresho cy’ubugome n’umuvumo w’Imana (Ivug 21,22-23).

·        Umusaraba wa Yezu Kristu ni isoko y’ubugingo

Mu butayu, byabaye ngombwa ko Musa amanika inzoka y’umuringa kugira ngo Abayisraheli bakire ibikomere by’inzoka zabarumye. Ibi byashushanyaga Uzamanikwa ku giti rimwe rizima, agahaza abantu ubugingo, uzarangamirwa Kristu abambwe ku musaraba, agakiza ababikoranye ukwemera. Ikindi gituma umukristu nyawe adatana n’umusaraba ni ukuzirikana ko kuri wo Kristu yamuhaye ubugingo buhoraho. Nimucyo tuwukunde, tuwunambeho, twoye kuwutererana nk’uko Yohani na Bikira Mariya babigenje (Yh 19,25-27). Uhunga umusaraba wa Yezu, aba ahunze Yezu Kristu ubwe kandi abahunze n’ubugingo, bityo agasanganirwa n’urupfu. Mbega icyago! Nta yindi nzira y’umukiro dufite usibye iy’umusaraba. Ni ngombwa ko buri muntu ahanga amaso umusaraba, kugira ngo yibonere ububi bwe, uko bubabaza Kristu n’uburyo urukundonyampuhwe rwe rumureshya bityo agahinduka nta buryarya. Kandi agahindukira kuvana abandi mu rupfu basinziriyemo, urwo bakomeje kurohamo imbaga itabarika. Musaraba wa Kristu kundwa, ratwa, amamazwa hose na bose!

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...