Saturday, February 19, 2022

“Mfite inyota”, isonga y’ubuzima bwa Berenadeta Subiru

Mutagatifu Berenadeta Subiru

Ukuri ku mibereho ya Muntu ni intangiriro n’iherezo ; umuntu abaho bigatinda ariko igihe cyo gusubira mu gitaka yaturutsemo ntakimusiga ! Ku bakristu tukemera ko umuntu adakwiye guheranwa n’urupfu kuko Kristu yarutsindishije izuka kandi ko abamwemera, bakunga ubumwe na we, na bo bazazuka (Rom.6,5). Iyi gihe kigeze rero umuntu ava mu buzima bw’iyi si, hakaba ubwo abanje kuganiza abe, akagira ijambo rya nyuma abasigira. Nka Yezu abambwe ku musaraba, ijambo mutagatifu Berenadeta Subiru yavuze bwa nyuma ni “Mfite inyota”. Iyo nyota y’umubiri ishushanya kandi inyota yo gusanga Umuremyi wa byose !

Inshamake y’imibereho ya mutagatifu Berenadeta Subiru

Mutagatifu Berenadeta Subiru, amazina ye y’amavuko ni Mariya Berenaride Subiru (Marie-Bernarde Soubirous). Mu bihayimana bamwitaga kandi Mariya Berenaridi. Ni umubikira witagatifurije mu muryango w’Ababikira b’Urukundo b’i Neveri (Bernadette Soubirous, Marie-Bernard, Sœurs de la Charité de Nevers) washinzwe n’uwihayimana w’umubenedigitini, Padiri Yohani Batisita Delaveyne, mu 1680.

Iby’ubuzima bwa mutagatifu Berenadeta byamenyekanye kubera amabonekerwa ya Bikira Mariya w’i Lurude; ku bw’ibyo ntibikunda kuvuga mutagatifu Berenadeta atavuze n’uko yabonekewe. Berenadeta yavukiye i Lurude mu Bufaransa ku ya 7 Mutarama 1844, ahabwa uburere bwiza n’ababyeyi be bamutoje kare imico myiza. Akiri muto yakunze kurwaragurika cyane, byakubitiraho n’uko iwabo bari abakene bigatuma atabona uko ajya kwiga. Ku myaka icumi nibwo yatangiye kwiga gatigisimu, yiga gusoma no kwandika. Igihe Berenadeta yanonekerwaga tariki ya 11 Gashyantare 1858, yari kumwe na murumuna we n’undi mwana w’inshuti yabo bajyanye gutashya udukwi mu ishyamba. Ubwo bagendaga batoragura udukwi, bagezea mu buvumo bw’ahitwa Masabiyeli (Massabielle). Mbere yo kwambuka aho hantu, abo bana bagombaga kwambuka akagezi gato; abandi barambutse, we atinya gukandagira mu mazi akonje kuko yaziranaga n’imbeho.

mutagatifu Berenadeta Subiru
yizihizwa ku munsi Biki
ra Mariya
yamuseze
ranije kuzamushimisha
Mu gihe agishakisha uko yasimbuka ngo yambuke akandagiye ku mabuye manini yari mu mazi, yumvise umuriri nk’uw’inkubi y’umuyaga, itameze nk’imwe ihitana ibyo isakumye byose. Areba hirya areba hino, ntiyabona igiti na kimwe kinyeganyega. Ibyo ariko Berenadeta ntiyabyitaho cyane ahubwo yikomereza gushakisha uko yambuka ngo asange abandi. Muri ako kanya, indi nkubi y’umuyaga yongeye kungikanyamo, maze abona igiti kiranyeganyega hafi y’urutare, ahantu hari hijimye. Berenadete niko kubona hatangiye kweyurukaho urwijiji, haracya. Muri urwo rumuri rutamurutse, Berenadete abonekerwamo n’umugore w’inseko nziza, mbese nk’iy’igitambambuga. Nuko muri ako kanya kubera ubwoba buvanzemo ibyishimo, Berenadeta akura ishapule mu mufuka, atangira kuyivuga, yitegereza wa mugore ubengerana ubwiza, na we kandi yari afite ishapule mu ntoki. Ishapule irangiye, abura wa mugore yabonaga.

Nyuma y’ubwo yakomeje kumubonekera kenshi aho hantu, noneho, aramwibwira ko ari Utasamanye icyaha ‘Immaculée Conception’, baraganira, ndetse n’igihugu cyose kirabimenya. Bikira Mariya ntiyigeze asezeranya Berenadeta ihirwe ry’isi ahubwo yahawe inema yo guheka umusaraba kuri iyi si. Aho yinjiriye mu muryango w’ababikira i Neveri, tariki ya 7 Nyakanga 1866, abakuru b’umuryango bakunze kumutoteza cyane, ibyo bitotezo bikaza bisanga imbaraga nke yari afite kubera uburwayi bwe, ariko akabyihanganira. Kwakira abantu bose bazaga bamushaka na byo byari umurimo utoroshye. Kubonekerwa ndetse n’ibigeragezo binyuranye ntibyateye Berenadeta kwikuza cyangwa ngo bimubuze kuba koko umuntu w’Imana, ahubwo yakomeje kubaho muri byose ari urugero rwiza mubo babana.

Indwara imaze kumuzahaza, Berenadeta yaretse imirimo yakoraga yose, yegukira gusenga, akarangwa no kwihangana ndetse no kwiyoroshya mu bubabare bwinshi yari afite. Ibyo yabiterwago no guhora azirikana amagambo Bikira Mariya yari yaramubwiye, nuko ahekana ubutwari umusaraba Imana yamuhaye ku isi. Amaze kuremba cyane, yasabye ko bamanura umusaraba wa Yezu wari umanitse mu cyumba cye, barawumuha, agahora awufashe mu ntoki ze. Byageze igihe, ananirwa kuwufata, asaba ko bawumurambika iruhande. Yegereye igihe cyo gusanga Imana, yarazanzamutse, yikiriza ‘Ndakuramutsa Mariya’ bari bamaze gutera, agira ati: “Mariya Mutagatifu Mubyeyi w’Imana, jya unsabira njyewe umunyabyaha!” Nyuma arongera ati: “mfite inyota”. Ngiryo ijambo rya nyuma rya Berenadeta Subiru. Akimara kuvuga atyo, afata agacupa karimo amazi anywaho, nuko yubika umutwe, araca. Hari kuwa 16 Mata 1879, nyuma y’uko asezeranye burundu mu 1878.

Ni Papa Piyo wa XI wanditse Berenadeta mu gitabo cy’abatagatifu kuwa 8 Ukuboza 1933 nyuma y’uko amwanditse mu gitabo cy’Abahire kuwa 14 Kamena 1925. Tumwizihiza ku itariki ya 18 Gashyantare, umunsi w’ibonekerwa rye rya gatatu. Iyi Ntore y’Imana yabonekewe bwambere kuwa 11 Gashyantare 1858, bwa nyuma hari kuwa 16 Nyakanga uwo mwaka.

Ushaka kumenya byinshi wasoma ibi bitabo: ‘ABATAGATIFU DUHIMBAZA BURI MUNSI, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.57-59. ‘DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique Cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate.Ed.VI., Brepols,1991.p.87’.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...