Sunday, February 6, 2022

MENYA AMATEKA YA MUTAGATIFU VISENTI

Mutagatifu Visenti yambaye umutuku
AMATEKA YA MUTAGATIFU VISENTI

Izina Visenti risobanura ‘Mutsinzi’, koko yabae umutsinze kuko yastinze ibyashakaga kumwambura ubugingo bw’iteka. Mutagatifu Visenti yavukiye i Huwesika muri Hispaniya. Yaherewe muri Diyosezi y’ iwabo i Saragosa, kuva ubwo atangira imirimo y’iyogezabutumwa muri Diyosezi kandi akaba umuhanga cyane mu kwigisha. Ni we wigishaga mu mwanya w’umwepisikopi we Vareli ubwo yari atangiye kugira intege nke, kuko umwepisikopi yamubonagaho ubushobozi buhanitse mu kwigisha. Disiyani wari umutware w’abaromani muri Hispaniya, yafashe uwo musaza Vareli amufungana n’umudiyakoni we Visenti, hari ku ngoma ya umwami w’abami w’abaromani, Diyokilesiyani, watotezaga abakiristu cyane. Umwepisikopi Valeri yirukanwa mu gihugu naho umudiyakoni Visenti akatirwa kwicwa urw’agashinyaguro, bagambiriye kandi gutera ubwoba abandi bakristu, bibwira ko nibibonera ibibaye bari buhakane ukwemera kwabo. Visenti wari indahemuka mu kwemera yakomeje kugaragaza ubuhamya bwe nk’umukiristu nyawe, akabikorera imbere y’abamaramaje ko ayoboka ibigirwamana nyamara akarushaho guhamya Kristu bityo bikabashengura umutima.

Iyo ntore y’Imana, abagome bategetse ko bayiboha amaboko n’amaguru, bakayirambika ku ibuye banyukanyukiragaho imizabibu, bakayijombaguza imigera y’amacumu atyaye, umubiri wose. Visenti kandi nyuma y’ibyo bamurambitse ku gitanda cy’ibyuma, bacana umuriro ukaze munsi yacyo ariko ntiyacibwa intege n’ubwo bubabare ahubwo akomeza guhamya ukwemera kwe, asubiza abamugiriraga nabi ko nta cyatuma ahakana ukwemera kwe. Akabikorana ibyishimo; aseka, aririmba nk’aho nta kibi cyamukorewe. Ubwo Dasiyani yamubwiraga ati: “ntubona ko ugiye gupfusha ubusa ubusore bwawe, ndagushishikariza guhakana ubukristu nkakugororera ikuzo”, Visenti yaramusuje ati: “icyo ntinya si ubu bubabare ahubwo ndatinya amagambo yawe yuzuye ubumara nk’ubw’inzoka y’impiri”.

Umuriro umaze kuzima, Visenti akiri muzima, bamushyize mu buroko, ari na ho yaguye iryo joro. Dasiyani wari wuzuye ubugome yategetse umurambo wa Visenti utabwa ku gasozi kugira ngo uribwe n’inyamaswa ariko, kubw’igitangaza cy’Imana, icyiyone kiyemeza kuwurinda. Abonye ko ibyo yashakaga bitagezweho, yategetse ko umurambo bawuhambiraho ibuye rinini, bakawujugunya mu Nyanja. Nabwo abasare babikoze umurambo wabatanze ku nkombe y’inyanja kuko ntacyabasha kurogoya imigambi y’Imana. Kugira ngo Visenti ashingurwe, ni we ubwe wabonekeye umugore w’umukirisitukazi amumenyesha aho umurambo we uherereye, nuko uwo mugore ashyingura Visenti mu cyubahiro. Yari mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko. 

Ushaka kumenya byinshi wasoma:

http://reflexionchretienne.e-monsite.com/pages/vie-des-saints/janvier/saint-vincent-diacre-de-saragosse-martyr-a-valence-304-fete-le-22-janvier.html

ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015.P.51.

ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.26.

https://nominis.cef.fr/contenus/saint/483/Saint-Vincent.htmlDIX MILLE SAINTS,

Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.P.505. 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...