Friday, February 11, 2022

Menya Amateka ya Mutagatifu SIkolastika

Mutagatifu SIkolastika (480-543), umubikira

Sikolastika yavukiye i Norsiya mu Butaliyani muri 480, akaba mushiki wa mutagatifu Benedigito, umukurambere w’abamonaki b’Iburengerazuba (akaba umukuru w’ababenedigitini). Imigenzo myiza ya gikristu yayikunze kuva mu bwana bwe. Yihatira kuyikurikiza na yo imubamo kamere. Yari atandukanye cyane n’abo mu gihe cye. Ntiyitaga ku byo kurimba, ku mukiro w’isi guharanira kuzashaka umugabo w’umukire n’ibindi bikurura ab’isi, mbese yahisemo kwiyegurira wese Yezu Kristu. Sikolastika yari ashishikajwe no kuzasanga musaza we aho yari yaragiye mu mwiherero we n’Imana nuko ava iwabo, ajya gutura hafi ya musaza we Benedigito, kugira ngo ajye amufasha amugire inama mu mibereho yo kwitagatifuza. Benedigito yamwemereye gusa ko bazajya babonana rimwe mu mwaka igisibo kigeze hagati.

Rimwe Benedigito yasuye Sikolastika baraganira bwira batabizi nuko uwo mushiki we aramubwira ati: “dore burije ntugitashye muri iri joro, rara ukomeze umbwire iby’ijuru!” Benedigito aramusubiza ati: “ndi umumonaki, sinarara ahandi hatari mu rugo rwabo.” Iki gisubizo cyatumye Sikolastika yipfukisha ibiganza mu maso ye, maze asenga asaba Imana ngo musaza we areke gutaha. Mbega isengesho ryumviswe n’Imana! Muri ako kanya imvura y’amahindu yahise igwa ijoro ryose, kandi mbere ikirere nta n’agacu karanga imvura kari karimo, byabaye nk’igitangaza. Ikirere cyanditse by’akanya gato; Sikolastika yari agitangira gusenga asuka n’amarira menshi aho yari yubitse umutwe ku meza, anipfutse mu maso, nuko imirabyo itangira kurabya, inkuba zirahinda, hagwa imvura y’amahindu ikomeye ku buryo ntawashoboraga gukandagira hanze.

Iyo mvura yatumye Benedigito abura uko ataha, imubera ikimenyetso cy’uko Imana ishaka ko arara, nuko aguma aho ijoro ryose arara aganira na mushiki we iby’ijuru. Bukeye, Benedigito amaze gutaha, hashize iminsi itatu, abona roho ya mushiki we izamuka mu ijuru mu ishusho y’inuma. Sikolastika yari amaze kwitaba Imana. Ubwo roho ya Sikolastika yamenyeshaga Benedigito ko agiye mu ijuru ko mu minsi mike na we azamusangayo. Nyuma y’ibyo, Benedigito yagiye kuzana umurambo wa mushiki we, awuhamba iruhande rw’imva yifuzaga kuzahambwamo. Mutagatifu Sikolastika yashinze ikigo cy’abamonakikazi bagenderaga ku mategeko bahawe na Mutagatifu Benedigito. Tunwizihiza kuwa 10 Gashyantare

Ushaka kumenya byinshi, wasoma:

ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.50-51

ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri. Nzeri 2015.p.69-70 .

DIX MILLE SAINTS, Dictionnaire hagiographique cyanditwe n’Ababenedigitini b’i Ramsgate. Ed.VI., Brepols,1991.p.449. 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...