Tuesday, February 22, 2022

Boneza imyitwarire yawe mu Misa

Ifoto ya Arikidiyosezi ya Kigali
Kugira ngo umukristu ashobore kumva neza uko agomba kwitwara ategura Misa, ajya mu Misa, ayirimo cyangwa ayisoje, ni ngombwa kongera kuzirikana ku gisobanuro cyayo. Gatigisimu itubwira ko Misa ari ikoraniro rihebuje ry'abayoboke ba Kristu bakikije umusaserdoti, bateze amatwi Ijambo ry'Imana kandi batura Igitambo cy'Ukaristiya (Gatigisimu, No 144). Ibyo bikorwa bibiri by’ingenzi bigize Misa, kumva Ijambo ry'Imana no gutura Igitambo cy'Ukaristiya, bisaba kwitegura neza, ukirinda ibishobora kugukereza no kukurangaza byose kugira ngo ubashe gusenga neza. Misa ni ryo sengesho rikuru rya Kiliziya. Umukristu rero agomba kuritegura neza cyane, akarigiramo uruhare uko bikwiye kugira ngo arusheho gusabana n’Imana imugenderera irinyuzemo. Kwitegura rero bihera kare, wirinda kugira icyo urya byibura isaha imwe mbere yo kujya mu misa (Can. 919, &1). Ugomba kandi gutegura ituro ryawe mbere ya Misa wibuka ko ukuboko kw'imoso kutakagombye kumenya icyo indyo ikora, ibyo bikakurinda kugumana agaseke k'ituro uri gukura mu ikofi ituro ryawe. Mbese imyiteguro yawe ya Misa ikwiye gukorwa ku mubiri no kuri roho.

Misa, igihe cyo kurangamira Imana gikwiye kubahwa

Umukristu agomba kuzirikana ko igihe cya Misa atari igihe cy’ubutembere bityo ntarangazwe n’ibyo abona impande ze, bikamufasha kandi kutarangaza na bagenzi be. Muramenye, ntibwikwiye kubona umukristu arangaye: anyeganyeza ibirenge boshye ubyina, arya inzara, yikorakora mu misatsi n’ahandi ku mubiri. Si byiza kuko bihamya ko urangaye mu gihe cyo kurangamira Imana. Yaba umuntu cyangwa ikintu, muri ibyo byose, ntagikwiye kuturangaza. Kuza mu Misa si ukujya mu birori bimurika imideli. Umukristu nyawe yambara bikwiye, akazirikana ko ikoraniro yajemo atari iseruka ry'imideli. Bavandimwe, ni ngombwa kwambara ibitarangaza abandi, ibishyigikira ubuhamya bw’uwemera Imana kandi ntuvuge ku byo abandi bambaye kuko iryo si isengesho uba utura Imana. (soma Tugendere hamwe nimero 510 idukebura ku bijyanye n’iyi ngingo).

Ni ngombwa gucika ku muco wo gufata iminsi mikuru ya Kiliziya nk’iminsi yo guseruka. Oya! Noheli, Pasika…si iminsi yo guseruka, kurimba no kwishimana n’abo mudaherukana. Yego ni iminsi y’ibyishimo ariko bya bindi bituruka ku Mana kandi bikayituganishaho. Mubyumve neza si iminsi yo gusohokana ngo mwegukire ingeso mbi. Misa igira liturujiya yayo; uburyo bwo guhimbaza igitambo cy’Ukaristiya bugomba kubahirizwa kuko bwashyiriweho gufasha abakristu kurushaho gusabana n’Imana ibagenderera inyuze muri iryo sengesho. Jya wubaha liturujiya ya Misa. Niba nta mpamvu ifatika ituma ubusanya n’abandi; hagarara kandi wicare mu gihe cyabyo. Upfukame mu gihe cyo gutura igitambo (consecration). Niba utari bupfukame kandi kubera intege nke cyangwa ufite umwana, kora uko ushoboye ku buryo utabuza abapfukamye kubona Yezu uri mu Ukaristiya.

Ntugakinire mu Misa

Hari imvugo yakera mu zaririmbirwaga abageni yumvikanisha ko ahantu hakwiye kubahirwa ibihakorerwa kandi buri kintu kikagira umwanya wacyo: ‘ku rukiko si ku rukiniro, ku mashuri hakina abana’. Nuko rero mu Misa si aho gukinira. Uzirinde gukina n’abandi baje gusenga, ntugakirane n’umwan cyangwa ngo umwemerere gukoresha igikinisho cye cyangwa se telefoni yawe. Jya uzirikana ko nta butumwa burusha agaciro Misa maze Telefoni yawe uyibike neza muri bucece; ntibikwiye kubona uwaje mu Misa ahugiye mu gusoma ubutumwa bugufi (message), guhamagara, kwitaba n’ibindi nk’ibyo birimo no gusoma amakuru- gukoresha murandasi. Ibyo ni ibirangaza. Kwirinda kurangara mu gihe uri mu Misa bigufasha gukurikirana neza liturujiya ya Misa uko yateguwe, bikakurinda gusinzira no kurambirwa iryo sengesho. Tekereza uri kurota uvuga ku manywa abandi bari gusenga!

Uwarangaye ni we ubihirwa na Misa kandi bene uwo umubwirwa no gusohoka akajya kota izuba cyangwa kwinanura mu gihe abandi batuje. Ibaze nawe kubona umuntu asohotse bagiye gusoma no gusobanura Ijambo ry’Imana, bagiye kwamamaza ukwemera, batangiye gutura igatambo cy’Ukaristiya…! Uwarambiwe uzamubwirwa kandi no kwishimira ko Misa irangiye boshye ari igihano yari arimo. Uzamusanga mu nzira ajyenda avuga uko yabonye abandi mu Misa n’ibyo bakoraga aho kugenda yamamza Ivanjili. Sigaho, kujya mu Misa si ukujya gutara inkuru ugenda utangaza ku bandi. Muvandimwe, ntugatahe Misa itarangiye. Jya utegereza umugisha usoza ndetse n'indirimbo iwuherekeza, ushimire Imana ku bw'umugisha uhawe, usabira abatabashije kuhagera kandi babyifuzaga. Witonde utazaba nka Yuda wavuye ku meza y'isangira rya nyuma rya Yezu n'intumwa ritarangiye. Muvandimwe Misa ni ingenzi mu buzima bw’umukristu, itegure bikwiye kandi uzinduke maze wicare aho ubona hagufasha kwirinda ibirangaza, nko hafi ya Aritali. Ngaho rero kuva ubu hugukira gutegura neza Misa no kwitwara neza muri iryo sengesho rikuru rya Kiliziya.

 

 

 

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...