Tuesday, February 22, 2022

Petero Damiyani, icyamamare kizira ubwiyandarike

PETERO DAMIYANI
 AMATEKA YA MUTAGATIFU PETERO DAMIYANI

Mu 1007, Petero Damiyani yavukiye i Raveni mu Butaliyani, akaba umwana wa bucura iwabo. Ababyeyi be bari abakristu bafite ukwemera, bafite abana benshi, kandi ari abakene, bitabye Imana akiri muto bituma arerwa na mukuru we wari warubatse. Uwo muvandimwe we yamureze nk’ nk’umucakara ku buryo utari kumenya ko bavukana, nyamara Petero Damiyani we yari umwana w’imico myiza. Yihanganiraga inabi yose yagirirwaga bigatuma abantu bose bamukunda. Iyo yabonaga udufaranga hari utumuhaye yadusabishaga misa yo gusabira ababyeyi be. Uwo mutima we mwiza ni wo watumye mukuru we wundi amujyana iwe amurera neza uko ashoboye. Amujyana mu ishuri ariga, araminuza kuko yari umuhanga cyane.

Arangije kwiga yigishije mu mashuri akomeye yo mu gihugu, aba ikirangirire, ariko akomeza kuba umukristu w’ingenzi, ntiyagumya gushishikarira ubuhanga mu by’isi, ahubwo ahitamo kujya kwiyegurira Imana mu bamonaki ahitwa Fotavelani (font avellane). Petero Damiyani yihaye Imana ahanini abitewe n’uko yumvaga isi n’ikuzo ryayo byanga bikamudohora mu bukirisitu bwe, nuko yisangira abomonaki b’i Fotavelani, urugo rw’indakemwa rwareze abatagatifu benshi. Aho umukuru w’abamonaki apfiriye, Petero Damiyani yatowe nk’umukuru w’umuabamonaki. Urwo rugo aruteza imbere cyane mu by’ubutagatifu, kugeza ubwo bamwise umukurambere wabo wa kabiri. Petero Damiyani yabaye umuntu w’umuhanga kandi urangwa n’ubushishozi; Papa Sitefano wa IX yamugize intumwa ye mu bihugu byinshi by’Uburayi. Mu mwaka wa 1058 nibwo Petero Damiyani yagizwe umukaridinali n’umwepisikopi ahitwa Osti mu Butaliyani.

Petero Damiyani arwanira ishyaka Kiliziya, arigisha kandi yandika ibitabo byinshi bisobanura inzandiko ntagatifu, izirwanya ibinyoma, izirwanya kugurisha ingabire z’Imana, n’izamagana ubutinganyi bwakorwaga n’abihayimana, yarwanije cyane kandi abifuzaga ko abasaseridoti bohokera mu bikorwa by’ubusambanyi no gushaka abagore (la simonie et le nicalaïsme). Yasabaga ko Kiliziya yakwirukana abihayimana babaswe n’ingeso z’ubusambanyi zirimo n’ubutinganyi. Ibyo papa Lewo wa IX yarabyumvise maze yirukana abo bihayimana bakoraga ayo mahano kandi ntiyashigikira abifuzaga ko abapadiri begukiye ubuyobe bokongera guhabwa ubupadiri. Petero Damiyani yadukanye muri diyosezi ye imihango myinshi, cyane cyane uwo gusiba iteka ku wa gatanu no gutagatifuza uwa gatandatu (bibuka uwa gatanu mutagatifu n’uwa gatandatu wa Bikira Mariya).

Yitangiye umurimo wo kuvugurura ubukristu muri Kiliziya nk’uko byiri mu ntego z’abashumba ba Kiliziya aribo Papa Aligizandiri wa II na Papa Girigori wa VII. Petero Damiyani yagize ibyago akiri muto: yapfushije ababyeyi be bombi akiri muto kandi na nyina ntawbo yari yarashoboye kumwonsa, ahubwo yitaweho n’umuja wari warareze abana bose muri urwo rugo. Yitabye Imana mu mwaka w’1072. Papa Lewo wa XII yemeje ko mutagatifu Petero Damiyani yajya yizihizwa muri Kiliziya yose. Hari mu 1823 nuko mu 1828 amutangaza nk’umuhanga wa Kiliziya (docteur de l’Eglise). Kiliziya imwizihiza kuwa 21 Gashyantare. Ushaka kumenya byinshi wasoma igitabo cyitwa ‘ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi’, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.P.60-61. Ndetse n’i icyitwa ‘ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA’, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri, Nzeri 2015.P.79-80

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...