Monday, February 28, 2022

Tumenye Isakapulari y’Amaraso Matagatifu ya Yezu

Isakapulari y’Amaraso ya Yezu

Isakapulari y’Amaraso ya Yezu bakunda kwita iy’abamisiyoneri b’Amaraso ya Yezu, umuryango washinzwe na mutagatifu Gaspard del Bufalo mu 1815 ukemerwa ku rwego rwa Kiliziya yose kuwa 17 Mata 1841 na Papa Girigori wa XVI. (Scapulaire du Précieux Sang associé aux missionnaires du Précieux Sang). Ikaba kandi iy’abo mu muryango w’Amaraso ya Yezu (archiconfrérie du précieux Sang). Nubwo bajya bayita isakapulari itukura, ntigomba kwitiranwa n’isakapulari y’umutuku y’ububabare bwa Yezu. Igizwe n’ibihande bibiri ; kimwe kiriho Yezu abambye ku musaraba cyangwa Umutima Mutagatifu wa Yezu uvuburira amaraso mu nkongoro.

Fransisko Albertini, mutagatifu Gaspard del Bufalo yari abereye umuyobozi wa roho, wari umupadiri kuri Basilika ya mutagatifu Nikola i Roma yashinze umuryango (confrérie) ngo ujye uzirikana ububabare bwa Nyagasani Yezu, uture Imana amaraso y’Umwana wayo kugira ngo uhongerere ibyaha kandi abanyabyaha bahinduke, Kiliziya ibone ibyo ikeneye banasabire roho zo muri purigatori. Hari kuwa 8 Ukuboza 1808. Ni we wakoze ishapure y’amaraso ya Yezu n’isakapulari ngo bijye biranga abo muri uwo muryango. Ibikorwa byo kwiyambaza Amaraso matagtifu ya Yezu byitangiwe kandi na Gaspard del Buffalo washinze abamisiyoneri b’Amaraso ya Yezu. Umuryango washinzwe na Fransisko Albertini wemejwe kuwa 27 Gashyantare 1809, uzamurwa mu ntera (élevé au rang d'une archiconfrérie) kuwa 26 Nzeri 1815 kandi ukungahazwa indulujensiya, zaje kuvugururwa na Papa Piyo wa IX kuwa 19 Mutarama 1850 no kuwa 30 Nzeri 1852. Nta indulujensiya zihariye zagenewe abambara iyi sakapulari.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...