Thursday, November 29, 2018

abalayiki duhamagarirwa iki?


Inama ya 2 ya vatikni ivuga ko abalayiki ari abemera bose batari mu rwego rw’abihayimana n’urw’abiyeguriyimana (l’état religieux et l’ordre sacré). Abalayiki, kimwe n’abiyeguriyimana n’abihayimana, batumwa mu isi kugira ngo bahakorere ibikorwa binyuranye bituma isi ihindura isura, ikaba isi irangwa n’ubutabera, isi yimitse urukundo. Bakayihindura baharanira ko yo, abayo n’ibyayo bisubirana ubwiza bushimwa n’Imana yaremye ibyiza gusa (Soma Intg.1,31). Mu butumwa bahabwa na Kiliziya (apostolat), harimo kwamamaza Inkuru Nziza no gutagatifuza; ibyo bakabikora mu buhamya bw’ubuzima bwabo bwa gikristu no mu bikorwa bakorana umutima woroshya, wa mutima ugaragarira abandi nk’aho udasanzwe; bene ibyo bishobora gukurura muntu bimujyana ku kwemera no ku Mana, yo ivuga iti “Urumuri rwanyu niruboneshereze rutyo abantu kugira ngo babone ibyiza mukora, bakurizeho gusingiza So uri mu ijuru (Mt.5,16).”

P. Anastase N.  asezeranya abasaveri (
St. Paul Kist-Khi, archidiocese de Kigali
)
Ubutumwa bw’abalayiki bugomba kurenga ubuhamya bw’imibereho- témoingage de la vie- bugafata intera yo kwamamaza Kristu ukoresheje amagambo, haba mu batemera kugira ngo bafashwe gutera intambwe bagana ukwemera ndetse no mu bemera kugira ngo bahugurwe, bityo bakomere kandi bashishikarire kurushaho gutunganira Imana. Ibi bigakorwa kandi kubera urukundo rwa Kristu ruguhihibikanya (2Kor.5,14); “Utifitemo urukundo rwa Kristu ni umwanzi wa Kristu. Agenda mu mwijima kandi bikamworohera gukururwa n’icyaha.” (S. Ephrem le Syrien. Discours sur les vertus et les vices). Koko rero umukristu uzirikana neza ku mwanya n’inshingano afite muri Kiliziya, ahoza ku mutima amagambo y’intumwa Pawulo agira ati “...ndiyimbire niba ntamamaje Inkuru Nziza!” (1Kor.9,16). Ngiri iherezo ry’uwemera, indunduro y’imihamagaro yose iba muri Kiliziya; ubutungane. Nyamara “kugira ngo twakire ubutorwe bw’Imana kandi tugenze uko ishaka, si ngombwa ko tubanza kuba intungane[1]” ahubwo ni ngombwa kubanza kwemera no kwizera ko Imana idatora abashoboye, ahubwo ishoboza abo itoye bakayikundira, hanyuma tugahoza mu mitima yacu amagambo turirimba muri Batisimu agira ati “Uzahirwa mu bihe byose, nukurikiza amasezerano, wagiranye n’Uhoraho imbere y’umuryango.”


[1] Papa benedigito wa XVI, ubutumwa nyirubutungane Papa Benedigito wa xvi yageneye umunsi mpuzamahanga wa 43 wo gusabira ihamagarwa ry’abiyegurira Imana

duhamagarirwa kuba intungane


1. Abashyingiwe n’abatarashyingiwe, bose bahamagariwe kuba intungane

Hari abantu batarasobanukirwa n’iby’umuhamagaro, bakavuga ko uyu cyangwa uriya ariwo woroshye cyangwa ugeza ku Mana vuba; oya! Muri buri muhamagaro dufitemo ingero nziza; abatagatifu n’abatagatifukazi b’Imana. Hari abami, abamikazi, abasirikare, abapapa, ababikira n’abandi bihayimana banogeye Nyagasani bakemera kumwiha wese no guhara ubuzima buhita baharanira ubuzima buzira gushyanguka. Ni ukuri kutavuguruzwa; Abashyingiwe n’abatarashyingiwe, bose bahamagariwe kuba intungane kandi birashoboka! Tuzirikane amagambo yo mu ndirimbo ‘Turaje ManaDukumbuye Iwawe’; “Cyamura imitima yacu, uyerekeje iwawe. Kutamenya icyo ushakaniyo ngusho y’amahoro.”

2. Ishingiro ry’umuhamagaro wo kuba intungane

Kuvuga ku Ishingiro ry’umuhamagaro ku butungane bijyana no kuvuga ku isakaramentu rya Batisimu n’ubutumire bwa Yezu Kristu ku butungane. Ni ngombwa ko umuntu amenya neza agaciro ka Batisimu yahawe; gukora amasezerano yo kwiyegurira Imana, cyangwa guhabwa ubusaseridoti (profession religieuse ou le sacrament de l’ordre) si byo bifite akamaro k’ikirenga mu kutwegurira Imana. Ahubwo ni Batisimu itwegurira Kristu Yezu kugira ngo iduhindurire muri We, iturundurire ku muriro ugurumana w’urukundo rwa Roho Mutagatifu. Nibyo Papa Pio XI yazirikanaga igihe avuze ati “umunsi ukomeye cyane wa Papa si umunsi wo kwambikwa ikamba, ahubwo ni umunsi wa Batisimu ye.” Ababatijwe muri Data, Mwana no muri Roho Mutagtifu bakanakomezwa (les baptisés-confirmés) bafite imihamagaro inyuranye, nyamara iyo mihamagaro yose ishingiye ku Ivanjili yo bagomba kuvomamo amabwiriza n’inama bityo bakaba koko abasangiye Nyagasani umwe, ukwemera kumwe na Batisimu imwe (Ef.4,5). Twese hamwe duhuje agaciro nk’abagize umubiri wa Kristu, duhuje ingabire yo kuba abana b’Imana ndetse n’umuhamagoro wo kugera ku butungane.

Yezu yabwiye umusore w’umukungu ati “Niba ushaka kuba intungane...”; aya magambo ni ay’abantu bose binjiye muri Kiliziya babikesha Batisimu, bakaba bahamagarirwa kwiyanga, guheka umusaraba no kwemera gutakaza ubugingo bwabo kubera Inkuru Nziza (Mk.8,38-39). Abari mu muryango w’Imana ariwo Kiliziya nibamenye badashidkinya ko ubuzima bwa gikristu bwose – mu gushyingirwa cyangwa hanze yabyo - bubonera umunezero mu Ivanjili- bugira icyanga iyo bushingiye ku ivanjili- (toute vie chrétienne est jolie évangelique). Ikindi cy’ingenzi ni uko gushaka no kwiyegurira Imana byombi bitwumvisha neza ubukungahare bw’urukundo rw’Imana mu masura yabwo yose (la richesse multiforme de l’amour de Dieu). Nuko rere muvandimwe wamera Yezu, ukaba waramutuje mu mutima wawe, ‘nk’uko Yezu ari urumuri rw’isi, nawe genda umurikire abandi, umufashe kwemeza no gukiza imbaga y’abantu[1]!’ kandi “n’ubwo imibabaroari myinshi muri iyi si, ntikatugushe cyangwa ngo ducike intege, duhoraneubutwari kuko tukiri mu rugendo[2].”





[1] Amagambo y’igitero cya 6 cy’indirimbo ‘INZIRA Y’UMUKIRO’

[2] Amagambo y’igitero cya 5 cy’indirimbo ‘NIMUKOMERE’

Inshingano muri groupe vocationnel Irembo ry’umukiro

Buri tsinda rihuza abantu, rigomba ko rigira amategeko ndetse n’inshingano bikwiye kubahirizwa; ibi byose bikaberaho gukomeza ubumwe bw'abagize iryo tsinda no kubafasha kurushaho gutera imbere mu kwemera, hagamijwe ikuzo rya Nyagasani n'umukiro w'abantu! Kumenya inshingano ku muyobozi bimufasha kuzubahiriza kuko aba ahora azizirikana buri uko atekereje ku mwanya yatorewe cyangwa ubutumwa yahawe. Inshingano ntizitana n'amategeko kugira ngo nyuma yo kumenya ibyo ushinzwe, umenye ibyo ugomba kwitondera n'ibigutegereje igihe ubusanije n'amabwiriza wiyemeje gukurikiza. Inshingano n'amategeko mu itsinda ry'abavokasiyoneri ntibiberaho gukanga no gutsikamira umuntu ahubwo bimufasha kurushaho kugaragaza ubwisanzure bwe -ukwishyira akizana mu bavandimwe basangiye ubutumwa, icyifuzo n'intumbero -  mu gufatanya n'abavandimwe be urugamba rwo guhunga icyaha, gukurikira Yezu Umukiza w'abantu no kumwamamaza igihe n'imburagihe. Ni byo koko twese ababatijwe dusangiye ubutumwa bwo gushyikiriza abandi ukwemera twakiriye muri Kiliziya. Tugasohoza ubwo butumwa tuzirikana ko ubunebwe buturuka ku cyaha naho umurava ugakomoka kuri Kristu.

abavokasiyoneri na omoniye wabo
Buri muntu ubarizwa mu itsinda ry’abazirikana ku muhamagaro afite inshingano yo guharanira ko itsinda rigira kandi rigahorana isura nziza. Ntawakwishimira ko urugo rwe ruseba cyangwa ko ibyo yakoze bigayirwa ku karubanda no ku mayirabiri; ni yo mpamvu kubahisha itsinda ari inshingano ntasimburwa y'ibanze ya buri wese. Buri muyobozi (ku nzego rwe) afite inshingano yo gushaka no gutegura inyigisho zikwiriye abari mu itsinda, akazitegura atirengagije igihe Kiliziya irimo n’ibyo abari mu itsinda banyoteye kumenya. Gukemura ibibazo birenze urwego rwa santarali, bitewe n’uburemere bifite, ni inshingano ya buri muyobozi ku rwego rwisumbuye. Izi nshingano zose iyo zisohojwe ni ngombwa kumenyesha Perezida (w’urwego rw’uwasohoje ubutumwa) kugira ngo hatazamo kubusanya, kuvuguruzanya no kugonganisha inzego. Tuzirikane ko duhuje intego n’intumbero; gukurikira Yezu Kristu kugeza dutashye aho aganje mu Ijuru. Abayobozi bose bagomba gutegurira hamwe iminsi mikuru n’ibindi bihuza abavokasiyoneri kandi buri wese akamenya ko ashobora guhagararira undi mu gihe bibaye ngombwa.

Bavandimwe bayobozi, mu nshingano zanyu, nimuhore muzirikana kuri iyi mirongo yo mu Byanditswe Bitagatifu. Nibafashe kurushaho gutunganya neza ibyo mushinzwe;
1.     “Ububasha mufite mubukesha Nyagasani, ubutegetsi mukabuhabwa n’Umusumbabyose, ari na We uzasuzuma ibikorwa byanyu, agasesengura imigambi yanyu.” Buh.6,3
2.     “Uzabe incuti y’ikoraniro ryose, kandi n’umutegetsi umwunamire.” Sir.4,7
3.     “Ntuzagaragareho kuba intwari ku karimi, maze ngo ube ikigwari n’indangare mu bikorwa.” Sir.4,29
4.     “Nimukore umurimo mushinzwe hakiri kare, maze igihembo cyanyu azakibahe igihe nikigera.” Sir.51,30
5.     “Ubu rero, mpa ubwitonzi n’ubuhanga kugira ngo menye uko nakwifata imbere y’uyu muryango.” 2 Matek.1,10
6.     “Ubu n’iteka ryose nzahesha Kristu ikuzo nta mususu.” Fil.1,20
7.     “Icyampa ngo nshobore kuvuga ibyayo nshize amanga uko mbigomba.” Ef.6,20

Amategeko n’inshingano by’abagize groupe vocatioonnel muri bungwe


  
Ibi byombi bibereyeho gufasha abavokasiyoneri kurushaho kubana neza, buri umwe asohoza inshingano ze nk’uko bikwiye. Bigatuma kandi barushaho kwishimirana no kugirana ubumwe bukwiye abana b’Imana. Aya mategeko n’inshingano, ntibireba uyu cyangwa uriya; oya. Bireba uwo ari we wese uba mu Irembo ry’umukiro, yaba umuyobozi cyangwa uyoborwa, kuko twese duhamagarirwa kuba abagabuzi beza b’amabanga y’Imana.

    Inshingano z’umuvokasiyoneri
bamwe mu bagize Irembo ry'umukiro


1)     Gusenga no gukora ibikorwa by’urukundo.
2)     Guharanira isura nziza ya Groupe Vocationnel (kugira inama mugenzi wawe no kwirinda kugayisha itsinda).
3)     Kugaragaza icyo ubona kitagenda neza muri Groupe Vocationnel.
4)     Kwitagatifuriza aho uri (Ubutagatifu bwanjye butangirira aho ndi, nta habugenewe kuko hose Imana iba ihari) mu bikorwa bito bigaragaza Imana.
5)     Gusabira Groupe Vocationnel. Byose bigakorwa hubahirizwa amategeko y’Imana kuko ariyo agenga byose ndetse n’aya Kiliziya idutuma.
Ibi byose bigomba gukorwa kubera ikuzo ry’Imana n’umukiro wa Muntu. Birakwiye rero ko umuvokasiyoneri aharanira kubona Imana muri bagenzi be, bityo akazirikana ko igikorwa cyiza abakoreye ari isengesho rizima rinyura Imana.

Dusabe: Nyagasani mugabyi w'ibyiza byose bibaho, girira impuhwe usanzwe ugirira abo wacunguje Umwana wawe ukunda cyane Yezu Kristu, Umwami wacu, n'urukundo udahwema kugaragariza umuryango wawe, maze umpe ingabire zimfasha mu rugamba ndimo rwo guhashya icyaha gihangarije kwarika mu mutima wanjye. Girira ubuvugizi bw'Umubyeyi w'Umwana wawe, Bikira Mariya twarazwe ku musaraba ngo atubere Umubyeyi, maze unyongeremo inyota yo kugusanga no kurushaho kukubona mu bavandimwe bankikije. Nyagasani Mana, irengagize amakosa yanjye hanyuma untangize urugendo rushya rw'ubuzima watanze ku isi binyuze muri Jambo wigize umuntu, bityo uko ngenda ntera intambwe nkusanga, urusheho kunyegereza ubufasha bwawe bunkomeza umutima, amina!

Amategeko ya Groupe Vocationnel

1.     Kubaha abayobozi na bagenzi bawe, wirinda ikintu cyose cyazana urusaku n’icyatera umwuka mubi mu bandi.
2.     Kwitabira ku gihe ibikorwa bya Groupe Vocationnel.
3.     Kugira ibanga.
4.     Kubahiriza inshingano z’umuvokasiyoneri n’amategeko ya Kiliziya.
5.     Gutanga umusanzu wa Groupe Vocationnel.

 Isengesho ry’umuvokasiyoneri

Nyagasani Yezu, Wowe nzira igeza ku Mana Data, ukaba ukuri n’ubugingo; Ni wowe nsonzeye. Icyampa nkakwiyegurira wese, ukandutira byose na bose. Ndakwihaye none ngo umfashe kukumva no kukumvira mu mibereho yanjye yose. Uko amasaha y’umunsi agenda akura abe ariko ndushaho kuba inshuti y’indahemuka y’ijwi ryawe ryuje urukundo, impuhwe n’umukiro. Wowe ubaho ugategeka iteka ryose. Amina!

Umuco wo kwikunda ntugomba kuturanga. Umuvokasiyoneri mwiza arisabira, agasabira bagenzi be ndetse n’umuryango w’Imana muri rusange. ‘njye, njyewe, njyenyine’ ntikwiye guhabwa intebe mu mitima yacu, ahubwo dukwiye kwimika ‘twe, twese’, ni ukuvuga urukundo mu masengesho yacu, kuko tuzirikana urwo Imana idukunda; “Imana idukunda kurusha ko twayita data, mama cyangwa inshuti, cyangwa undi wese, yemwe no kurusha uko dushobora kwikunda ubwacu” (S. Jean Chrysostome). Nuko rero nitwimike urukundo mu buzima bwacu kuko aribwo tuzahamya ko tuyizi. Gukunda ishapule bitubere intego, kuyivuga byo bitubere ubuzima!

Monday, November 26, 2018

RERE NA RAMBA part 10

Rere arongera aricara, atangara cyane ati “narinzi ko Mama yayiciye none yayizanye iwanyu, ubu yabitekereje ate koko?” Rere ntabwo yari azi ko Ramba yari yaranditse udupapuro tubiri, akamuha kamwe hanyuma agasigarana akandi. Ramba yamusobanuriye uko yabigenje nuko bombi bafatanya kuririmba akaririmbo kitwa ‘turacyakundana’; igitero kimwe gusa. Igihe cyo kujya kurya cyari kigeze, abakozi b’ikigo bazimya amatara yo mu mashuri n’ayaho barara bityo abanyeshuri bose bajya kurya hanyuma bararyama. Bukeye mu gitondo, nyuma yo gufata indangamanota zabo, Ramba ntiyatahanye na Rere kuko yagombaga kunyura kwa Nyirakuru, akamarayo iminsi itatu. Ramba yatwaje Rere igikapu kimwe na Rere aheka ikindi nuko aramuherekeza ngo amugeze aho ari butegere imodoka. Mu nzira bagenda, Ramba yasabye Rere guhagarara gato, akamureba mu maso, nuko amubwira barebana akana mu jisho ati
“Kabeho duhuze ubuzima bwacu
Kuko Imana yagennye ibyacu
Kabeho duhuze ibyacu byose
Twisanzurane muri byose

Kabeho rwose ndabikubwiye
Ubure amahoro aganje iwanjye
Kabeho rwose ndabikurahiye
Uganze iwanjye nyaguhunde

Kabeho iwanjye mbone nduhutse
Iy'urukundo imbuza amahwemo
Kabeho nkurure mu rukundo
Uberwe nabyo wiruhutse

Kabeho utishisha uwo mubana
Gahore ukereye kumukesha
Utamujijisha ngo bucye ugenda
Ujya gukesha abanyamahanga

Kabeho kandi uhorane nanjye
Iteka ryose ugumane nanjye
Kabeho dutangire ijuru ryacu
Mu gihe abandi bagishaka iryabo

Kabeho ukwiriye njye wakubonye
Kabeho ukunda njye uruguhunda
Kazire abandi uhore unkunda
Gashiremo umwuka ukinkunda."

Rere na we yari amaze gutora inganzo yo guhimba; burya koko ngo abakundana barasa! Atitaye ku babareba, yazamuye amaboko ye, ibiganza bye abifatisha ku ntugu za Ramba, maze amubwira mu ijwi rituje, amwenyura ati
“Kabeho musore uzira gusumbwa
Kabeho Rere akwihoreze
Kabeho karambire mu rukundo
Rere agukunda urudakumirwa

Kebeho Ramba rizira ubusembwa
Kabeho ubereye Rere wawe
Gahore ukwiriye Rere ukunda
Gahore ubana na Rere ureba

Komera Ramba nkubone iteka
Karame Ramba nkubone iwanjye
Kabeho twese duce iteka
Ryo kutumvira abatwoshya

Rere na Ramba tubane iteka
Nderere Ramba nshire agahinda
Nkundwe nawe nkesha ubumuntu
Unkundire nkwiture ibyo nkukesha!”

Akirangiza uyu muvugo, Ramba araseka. Amukubita agashyi ko ku itama ry’iburyo, amushimira amubwira ko atari azi ko na we azi guhimba bene ako kageni. Rere na Ramba bakomeza urugendo, bagera aho bategera kandi bahita bahasanga imodoka. Ramba abwira umukunzi we ati “nubwo bitakoroheye, jya mu modoka utahe ubwo ni aho ku cyumweru nimugoroba kuko aribwo nzagera mu rugo.”
Ageze iwabo, Rere yagiye gusuhuza ababyeyi ba Ramba nk’uko yari asanzwe abigenza kuva aho agiriye mu mashuri yisumbuye, dore ko we na Ramba bari bamaze gukura, batagikosozwa inkoni ahubwo amagambo. Abo bana bombi, igihe cyo gutegereza isohoka ry’amanota y’ibizamini bisoza icyiciro rusange bakimaze bafasha ababyeyi, bagakunda no kujyana gusenga nk’uko batasiganaga mu kigo mu itsinda ry’abasomyi b’Ijambo ry’Imana. Ntibyatinze amanota n’ibigo biba biratangajwe; Rere yari uwambere mu bakobwa, afite amanota icyenda kuri cumi na rimwe. Ramba we yujuje, ari na we wujuje wenyine mu kigo. Bamwohereza gukomereza amasomo y’icyiciro cya kabiri i Nyanza ya Butare naho Rere ikigo kiramusigarana. Kubera iyo mpamvu y’uko bagiye gutandukana, bava gufata amabaruwa abohereza mu mwaka wa kane, Rere yatashye arakaye, atavugisha Ramba, ari na ko anyuzamo akitsa imitima. Ramba yagerageje kumubaza impamvu no kumuhoza ariko Rere amubera ibamba kugeza bavuye mu modoka bagafata iy’amaguru bazamuka umusozi bari batuyeho. Bageze mu gasozi hagati, Ramba asaba Rere ko bakwicara bakaruhuka gato nuko Rere arabyemera hanyuma batambika mu gashyamba kari hirya y’inzira, bicara bombi amaso bayahanze iyo baturutse.
Bamaze kwihanagura ibyunzwe no gushira impumu, Ramba abwira Rere ati “haguruka nkubwire.” Rere arahaguruka, asa n’umuhagarara imbere hanyuma Ramba amubwira atunga agatoki mu maguru ye ati “icara aha.” Rere abanza gusa n’ubyanze, yivugaisha bya nyirarubeshwa ati "haguruka ahubwo dutahe," ariko aricara. Uwo musore amunyuza amaboko mu mbavu, aramuhoberanya. Yenda umusaya we awegamiza k’uwumukunzi we, hashira amasegonda ntawe uvugisha undi. Bakimeze gutyo, Ramba aterura aririmba ati “Turacyakundana”; aririmba ibitero bibiri n’inyikirizo. Uko akiyegamije Rere, arambura ibiganza, ati “shyira ibiganza byawe mu byanjye.” Rere arangije gusobekeranya intoki ze mu za Ramba, umukunzi we yariruhukije, akomeza izo ntoki arinako avuga ati “Nyagasani Yezu, Mugabyi w’ibyiza byose, ndagushimira ko wandemye, ukangira umwana wawe ukunda, ukandinda kandi ukaba ugikomeje kumpundagazaho ibyiza byinshi ugabira muntu. Nyagasani, kubw’impuhwe zawe, urarinde abana wishakiye ko bakundana; uturinde imitego yose yaduteranya ikatubuza kuba koko abahamya b’urukundo nyakuri. Yezu mwiza, nkuragije uyu mwali, impano itagereranywa wanyihereye; umurindire ubuzima, umufashe mu masomo ye kandi nanjye unkorere ibyo, bityo njye na we tuberwe no kwakira n’ibindi byiza byose waduteganirije. Ikiruta byose, uduhe kurushaho gushinga imizi muri wowe no kuvoma imbaraga z’urukundo rwacu mu Ijambo ryawe. Roho w’Imana nzima, uraduhore hafi. Amina”
Ramba akimara kuvuga ijambo ‘hafi’, Amina yayivugiye kimwe na Rere, kuko uwo Rere yari azi neza ko uko ariko Ramba akunda gusoza amasengesho ye yose. Rere yahise yiyaka Ramba, arahaguruka, amuhagurutsa amufashe mu biganza hanyuma aramuhobera nuko aramubaza ati “uribuka?” Ramba ati “ibiki se sha?” Rere arekura Ramba, amureba mu maso maze araseka. Ramba agiye kubumbura umunwa ngo amubaze ikimusetsa, Rere yari yarangije kumushira urutoki ku munwa nk’ikimenyesto cyo kumubuza kuvuga. Ramba yaratuje maze Rere aramubwira ati “Ramba, urabizi ko nkukunda kandi nzahora nkukunda. Ubumuntu mfite ni wowe mbukesha n’ubuzima bwanjye tuzabusangira.” Ramba agicecetse, Rere amuririmbira indirimbo yitwa “narashize”, ayisoza agira ati “Mana warakoze kuduhuza!” hanyuma bombi bashyira nzira, bazamuka bataha. Mu gihe bamaze bataratangira umwaka wa kane, buri wese yaribwiraga ati “inshuti yanjye ishobora kuzahura n’ibishuko, byakubitiraho ko tutari kumwe, bigatuma ihinduka.” Ibi nibyo byatumye bose basenga basabirana, ariko ntawe uziko ibyo ari gukora mugenzi we na we ari kubikora. Uwo muco barawukomeza kurinda barangije amashuri yisumbuye.
Ramba ageze aho bamwohereje kwiga i Nyanza, yahise atorerwa guhagararira abanyeshuri, bityo ahabwa telefoni yo kwifashisha avugana n’abayobozi b’ikigo. Ku rundi ruhande Rere na we yatorewe gucunga ibyo abanyeshuri barya, anahabwa telephoni; biba bimworoheye kuzajya avugana kenshi n’inshuti ye Ramba. Rere yatowe kabiri kose ni ukuvuga ko yayoboye mu gihe cy’imyaka ibiri. Bageze mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa gatanu, Rere yibwe simukadi yakundaga kuvuganiraho n’inshuti ye, ayibwa n’umukobwa bararana wayijyaniye umuhungu wo Rere yari yarateye akadobo , nyamara we ntave ku izima, agahora ashakashaka uko yazamuca kuri Ramba. Uwo musore yahise yoherereza Ramba, akoresheje iyo simukadi, ubutumwa buvuga ngo: “Mikoro za telefoni zose zarapfuye kandi banze kumpa iyindi, uribuka ko iwacu jesiyoneri ari we wenyine ugira telefoni. Ubwo urihangana tujye dukoresha ubutumwa bugufi gusa.” Ramba akirangiza gusoma ubu butumwa, yabweretse umunyeshuri bigana nuko uwo muhungu amubwira ko iyo ari intangiriro yo guterwa akadobo. Ramba ntiyabyumvise kuko yari azi neza ko akundwa na Rere by’ukuri. Hagati aho, Rere yabuze uko yakongera kuvugisha umukunzi we biturutse ku kuba yaribwe simukadi bikubitiraho n’uko ikigo cya Ramba cyahinduye amasimukadi yakoreshwaga n’abanyeshuri. Ramba yari yarohereje ubutumwa bumenyesha Rere ko yahinduriwe simukadi, ariko ntamenye ko ubwo kimwe n’ubundi yohereza bwose busomwa n’uwari usigaye akoresha simukadi ya Rere.
Mu kigo cyo Rere yigamo, abiga mu mwaka wa gatanu ntibaruhuka umwaka urangiye, ahubwo basigara bari kwiga, bitegura kujya mu wa gatandatu. Byumvikane ko Ramba na Rere bamaze ibihembwe bibiri birengaho nta kubonana. Rere akimara gutakaza simukadi ye, Ramba nta bundi butumwa bwiza yongeye kwakira, byageze aho yiyemeza kurekeraho kubwohereza kubera ibisubizo yahabwaga na wa muhungu; ibisubizo bimuca intege n’ibimuhebya burundu. Aho yigaga naho abiga mu mwaka wa gatandatu ntibaruhukiraga igihembwe cya mbere; baruhukaga mu cyakabiri bakagaruka mu cya gatatu batazanywe no kwiga ibishya ahubwo gusubiramo gusa. Umunsi umwe, uwari usigaye akoresha simukadi ya Rere yaje gutaha mu gihe cy’amasomo, ageze iwabo ahahurira n’umwana wiga ku kigo Ramba yigaho. Uwo muhungu wari warabuze uburyo yakwegukana Rere utaramukundaga, yigira inama yo kwandikira Ramba mu izina ry’umukunzi we, agatuma uwo mwana.
Dore bimwe mu byo iyo baruwa, byitwa ko yoherejwe na Rere, yamenyeshaga Ramba: “...ubu ni ubwa mbere na nyuma nkwandikira, nagerageje kubikwereka muri sms nakohererezaga ariko uranga umbera igipfamatwi. Ndagira ngo nkubwire ko ntaho nkihuriye nawe. Icyakora warakoze kumpindura kuko ntari uwo nari we, warakoze. Narahindutse, mpindukana n’ibyanjye byose nawe urimo; niyemeje no guhindura umukono wanjye ari ukugira ngo unyibagirwe burundu. Tuza rero kandi umpe amahoro...” Iyi baruwa yageze kuri Ramba yuzuriza ibyo yabwirwaga n’inshuti ze akabyima amatwi. Ramba yayisomye ubugira gatatu hanyuma ayibika neza mu gifuniko cy’ikayi, ubundi asigara asaba Imana kwihanganira ibimubayeho. Mu masengesho yavugaga yose, Ramba yasabiraga Rere kugira urukundo ruzima, kuko yumvaga ko aramutse arugize, yazamugarukira, akamusaba imbabazi. Muri ibyo bigeragezo byose Ramba yari ataremera burundu ko ibyamubayeho byose byakozwe na Rere; icyamuremaga agatima ni uko atari yagahuye na we ngo amubwire ko amwanze imbonankubone, kandi yazirikanaga amagambo ya Mutagatifu Filomena, we wavuze ati “Koko uwiringiye Imana agera kubyo we yabonaga ko bidashoboka, kabone n’iyo yaterwa ubwoba ate, ntiyigera acika intege na busa,” bigatuma yizerako ibintu bizagenda neza. Kanda aha usome igice cya 11

wari uziko?


“Abantu bavugako byose babifitiye uburenganzira, nyamara bakirengagiza ko byose bigomba gukorerwa ikuzo ry’Imana! Abantu basigaye bakora ibyaha ku mugaragaro, ngo baragaragariza bose ibyiza bakora! Bamwe bitwaza ko umukristu atagengwa n’amategeko, kuko amuheza mu bucakara, bakirengagiza ko na Yezu ubwe yayatanze, kandi akaba ataraje kuyavanaho, ahubwo kuyanonosora! Bamwe bahamya ko umwana w’Imana yigenga kuko yakize amategeko, nyamara bakirengagiza ko amategeko yose ari matagatifu, kandi ko umuntu wese agomba kugengwa n’Itegeko ry’Imana! Iyaba bakomezaga kuntinya bakanubahiriza amategeko yanjye yose, maze bo n’urubyaro rwabo bakazahirwa ingoma igihumbi (Ivug.5,29)! Dushimishwe no gukorera Imana kuko ubwami bwayo atari amagambo, ahubwo bushingiye ku bikorwa (1Kor.4,20)!”


“Ngwino Roho Mutagatifu, udusobanurire Ukwemera twamamaza, utumurikire iteka, uduhe kuryoherwa no guhihibikanira gukiza abo wiremeye. Ngwino utwibutse amasezerano twagiranye nawe Imbere y’umuryango wacungujwe umusaraba, udusobanurire icyo avuze mu buzima bwacu. Dukumbuze gukora igitunganye, uduhe iteka kubabazwa no kubusanya nawe. Mana, dukumbuze kugutuza mu mitima yacu, udutere umwete mu bidukiriza roho, duhore tubereye kugusanga!”

RERE NA RAMBA part 9

Rere warushagaho gutwarwa n'ubwiza bwa Ramba uko bwije n'uko bukeye, yabanje kureba niba hari ubareba hanyuma aramubwira ati "narababaye cyane kuko barankubise bikabije ariko ndagukunda." Arongera amubwira amagambo meza yamubereye nk’indezi ati
"Kabeho uture umutima yanjye
Gahore utaka amatama yanjye
Kunda ukundwe nkusengeneze
Nkukamire impenda nkuhore iruhande
Kabeho kana kazira ibyahi
Kazira amagambo, kazira indwanyi
Kabeho uwahanzwe na Mwimanyi
Nakurinde agukize iminsi
Kabeho ukwiriye kumbera
Ubure amahoro nundyarya
Kabure icyerekezo nkureba
Ungane mberwe no kukiranga.”
Atararangiza umuvugo we mugufi cyane, Ramba na we ati "nabibonaga ndetse naranabiketse, gusa uhumure ntibizongera kubaho, arakomeza ati
“Kabeho duhuze bizira itiku
Tuwubane bizira iby'ubu
Kabeho duhuze imitima yose
Uzire guhendwa uzire guhandwa
Kabeho duhuze ubuzima bwacu
Kuko Imana yagennye ibyacu
Kabeho duhuze ibyacu byose
Twisanzurane muri byose!”
Muri uwo mugoroba baganira, Rere yasobanuriye umukunzi we uko byamugendekeye, ariko amuhisha ko atigeze arusoma. Ramba yaramukomeje, amubwira inama yagiriwe n'ababyeyi be nuko bombi biyemeza gusaba imbabazi ababyeyi, bakabikora bahereye kwa ba Rere. N’ubwo Ramba yakundanaga na Rere, ndetse akajya n’iwabo kenshi, yatinyaga ababyeyi be cyane nuko yigira inama yo gusaba Mama we kumuherekeza kuko yumvaga nyuma yo gusobanukirwa ibyabaye ku mukunzi we afite isoni zo kurebana na Mama Rere. Mama Ramba yaramuherekeje nuko aganira na Nyina wa Rere birangira abana bemerewe kongera kwigana nyuma y’amasomo.
Ibizamini bisoza amashuri abanza birangiye, amanota yasohotse Ramba ari uwa mbere, afite amanota mirongo icyenda ku ijana, naho Rere we aza ku mwanya wambere mu bakobwa, akaba uwagatatu mu kigo ku manota mirongo inani ku ijana. Ibigo bisohotse, abo bana bombi basanze babohereje kwiga icyiciro cyambere mu yisumbuye i Gisenyi mu mujyi, babimenyesha ababyeyi, nuko babashakira ibikoresho bishimye, barabaherekeza babageza mu kigo. Abana bageze mu kigo, bagiye kureba aho bahanitse intonde z’abanyeshuri bashya n’aho bazigira, basanga babashize mu ishuri rimwe, na ryo risigayemo intebe imwe gusa, dore ko arinabo bari bataragera mu kigo mu banyeshuri bashya bose: sibwo Imana ikomeje gukora ibyayo, Rere na Ramba bakaba bagiye kumara umwaka wose bicarana! Aba bana bombi bakomeje kugira amahirwe yo kwicarana no kwiga mu ishuri rimwe, kandi hose Ramba yabaga ari shefu kuko yarangwaga n’imico myiza kandi ntanarenge mu bagatatu. Mu myaka itatu yose biga i Gisenyi, Rere na Ramba bakomeje gukurikiza inama bagiriwe n’ababyeyi, ibyo bituma Ramba atagira undi mukobwa abenguka ndetse na Rere ntiyigera atekereza undi muhungu utari Ramba bakoranaga etide . Uwo mukobwa Rere yashwishurizaga benshi bazaga kumushakaho urukundo, akababwira ko icyamuzanye ari ukwiga agatsinda kandi ko azabigeraho yitwara neza, yirinda icyo aricyo cyose cyamubuza kwiga neza.
Nyuma yo gukora ikizamini gisoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, muri uwo mugoroba buracya bataha, nibwo Ramba yazamutse aturuka aho abahungu barara hanyuma atuma umukobwa kuri Rere ngo amusange aho bigira. Rere yatindijwe no kubyumva, aba yageze mu ishuri bakundaga kwigiramo bari mu bizamini bya leta. Yasanze Ramba yicaye ku ntebe bicaragaho biga nuko aramusuhuza hanyuma aricara baraganira agati karaturika akandi karamera kuberako butari bwakije bwo kujya kurya no kuryama. Ubwo kandi baganiraga umukobwa yicaye ahasanzwe hicarwa n’aho umuhungu yicaye hejuru y’intebe ateganye n’umukobwa, amureba mu maso. Mu kanya bamaranye baganira, baganiraga ku ntangiriro y’imibanire yabo; kera bagikina inkinamico, Rere akubitwa kubera yandikiwe, batsinda icya leta kugeza uwo munsi. Ramba yasabye Rere kumuhereza amaboko yose nuko Rere wari watwawe n’ikiganiro arayamuhereza; Ramba ati “humiriza kandi urambure ibiganza byawe”, Rere aseka mu ijwi rituje, aramubaza ati “ni ibiki se?” Ramba aramusubiza ati “ufumbatize ibyo urakira kugeza nkuhaye uburenganzira bwo kureba ibyo ufite." Ramba abaza Rere ati “wabyumvise?” naho Rere aseka, mu kajwi gatuje ati “ariko ibi ni ibiki? Wambabariye nkareba koko!” nuko Ramba amwemerera amubwira ngo narambure amaso ye, hanyuma arambure ibiganza bye, yirebere ibyo afite. Rere wari wamaze kumva ko ari urupapuro ahawe, Rere wibazaga icyanditse kuri urwo rupapuro, yahise afungura amaso, arambura ibiganza nuko asanga ari urupapuro rusa n’urumaze igihe. N’amatsiko menshi, Rere yararufunguye, agikubita amaso ya mitima iruzengurutse n’abantu bahoberana, yaratangaye cyane ati “Mana weee!!! Ibi bimbayeho ni ibiki koko?!” Kwiyumanganya byaramunaniye, araturika ararira, ahita anahaguruka ahoberana amarira Ramba wari wicaye hejuru ku ntebe. Ibyabaye byose Rere yari atarasoma ibyanditse muri urwo rupapuro, gusa yibwiraga ko handitsemo wa muvugo Ramba yamutuye kera bava kuvoma, ubwo bari bamaze igihe batavugana. Bamaze akanya gato bahoberanye, hanyuma Rere asoma ka kabaruwa. Atarageza ku ijambo risoza iyo baruwa, yarahagurutse yongera ahobera Ramba; akimuhobeye aramubwiran ati “Ramba, urabizi ko nkukunda kandi nzahora nkukunda. Ubumuntu mfite ni wowe mbukesha n’ubuzima bwanjye tuzabusangira” Ramba ati “Urakoze mukundwa.” Kanda aha usome igice cya 10

TUZIRIKANE KU RUKUNDO: URUKUNDO RWA KIVANDIMWE



Twifashishe igitabo: « Recueil d'Apparitions de Jésus aux Saints et aux Mystiques » cya Abbé Auguste Saudreau, o.p. Cyasubiwemo mu 1882, ku izina: ‘Les Divines Paroles ou ce que le Seigneur a dit à ses disciples dans le cours des siècles chrétiens

1.    Yezu yabwiye Mtg. Véronique Juliani ati ‘nkusabye urukundo rudahemuka, rusukuye, rugurumana kandi ruramba; kandi ningombwa ko urwo rukundo rwigaragariza mu bikorwa by’urukundo uzakorera abavandimwe[ababikira] bawe bose. ubuzima bwawe nibube igikorwa gihoraho cy’urukundo ; nkukeneye mu rukundo’ (Diario, 12 agosto 1696.)

2.    Yezu ati ‘Mwana wanjye, abwira Mtg. Gatarina wa jene[1], nifuza ko igihe cyose muzasabwa gukora igikorwa cy’urukundo- nko kwitangira abakene n’abarwayi- ntimuzigere mubyanga, buri gihe mujye mukora ugushaka kw’abandi (Bolland, p. 157 ; Vie, ch. VII.)

3.    ‘Gukunda mugenzi wawe ni ikimenyetso kidashidikanywaho cy’urukundo ikiremwa gikunda Imana, kuko Imana ari umuremyi,umubyeyi n’umurinzi w’abantu bose. Gukunda mugenzi wawe ni umwe mu migenzo myiza y’ikirenga ; bigizwe no kumwifuriza icyiza nk’icyo nawe wiyifuriza ; guhara inyungu zihita kugira ngo umuzanire umukiro wa roho ye ; kumugirira neza nta cyo utegereje, ukabikorera gusa urukundo rw’Imana’. (Bolland., p. 160 ; Vie, ch.. VII.).[2].

4.    ‘Iyo roho inkunda ikunda mugenzi wayo, uwo ni Mtg.Gatarina w’i Siyena ubwirwa na Yezu; bitabaye ibyo urukundo rwayo ntirwaba ari urunyakuri kuko kunkunda no gukunda mugenzi wawe ari kimwe. uko roho irushaho kunkunda niko irushushaho gukunda mugenzi wayo kuberako urukundo imukunda rukomoka mu rwo inkunda(Dialog., ch. VII)’

5.    Mtg. Mechtilde ubwo yararwaye yabwiwe na Yezu ati ‘ntutinye, nta kizaguhungabanya kuko ari njye wikorera by’ukuri ibikubabaje. kubw’iyo mpamvu, uko bakwitaho niko banyitaho kandi nzagororera abo bantu nk’aho arinjye bakoreye.’ (IIe part., ch. IXL.)

6.    Yezu yabwiye Mtg. Yohani w’Imana, amushimira urukundo akunda indembe, ati ‘Yohani nijye ukorera ibyiza abakene baronka mu izina ryanjye ; ni njye utegera ikiganza ituro ubaha, njye wambaye imyembaro yabo, njye woza ibirenge igihe cyose ubikoreye umukene cyangwa umurwayi.’(Petits Bollandistes, au 8 mars.)

7.    Muvandimwe, uritonde utavaho wirukana Imana ije igusanga mu ishusho y’abo wita intabwa, insuzugurwa, ruvumwa... wibuke ko Mtg.Papa Girigori mukuru wasangiraga n’abasabirizi-abashonji, ubwo yari agiye gukarabya umukene, uwo yahise azimira ubwo Papa yafataga ibase maze ijoro rikurikiraho Nyagasani amubonekera amubwira ati ‘Munyakira bisanzwe mu bikoresho byanjye ariko mwanyakiriye ejo uko ndi- en ma personne.’ (Petits Bollandistes, au 12 mars.)

8.    Gusuzugura ingorwa ni ugusuzugura Imana. Nyagasani yiyeretse Marigarita[3] w’Isakaramentu ritagatifu, amwiyereka akomeretse umubiri wose kandi ashengurwa n’ububabare kubera uko abatunzi bagenzereza nabi abakene. amwibutsa ko abakire bamuhemukira cyane iyo bamukwena baseka abakene- moquent de moi en la personne de ces pauvres, bakanga kumuvugisha no kumureba-We wigaragariza muri abo baciye bugufi- (Vie, par Amelotte, liv. 5, ch. VI.).

9.    Gukunda Impano Nyagasani yahunze abandi ni ukwikururira ingabire z’Imana. Nyagasani yabwiye Mama Mechtilde ati ‘bose abakunda impano nahunze abandi bazakira imigenzo n’ikuzo rimwe nk’abo nahaye impano. (Ve part., ch.XXIII.)

10. Nari nambaye ubusa muranyambika : aya magambo si inyandiko yo muri bibiliya, ahubwo ni ukuri kwabwiwe benshi nyuma yo kwitangira abakeneye kwambikwa. Yezu yababonekeye afite ibyo bari batanze nk’ikimenyetso cy’uko ariwe babihaye ; rimwe akababaza niba babyibuka. Tuvuge nka Mtg. Gatarina w’i Siyeni wibukijwe umwenda yari yatanze nk’imfashanyo (Vie, par le bienheureux Raymond, 2° part., ch 3.), Mtg.Maritini, umwepiskopi wa turuse[4] wabwiwe, nyuma yo kwambika umukene ngo ‘Maritini…yanyambitse uyu mwambaro’, n’umuhire Gatarina wa Racconigi, ku myake ye 13, nyumba yo kwambikwa umuhungu wasabirizaga, yahishuriwe ko azakorera Imana atabitewe no gutinya ubucakara ahubwo abitewe n’urukundo rusukuye, nta kimuhangayikishije kitari Imana yonyine n’ibiremwa byayo

11. Gusabira mugenzi wawe ni igikorwa cy’urukundo gikiza Kandi gikwiriye. bifite akamaro gahebuje Yezu yabivuze muri aya magambo[5] ; ‘…nshimishwa n’ubushake bwawe bwiza bwo kwitangira abakene banjye mu buryo bw’inyuma. Bitangire mu buryo bwo ku mutima, ubasabira cyane, ibyo bizabagirira akamaro kurusha. Sabira kandi abanyabyaha bahari ku bwinshi na roho zo muri purigatori, cyane cyane abo ubwirizwa gusabira.’ (2° part., ch. 8.)

12. Nk’uko Yezu yakunze ibyambu by’umubabaro natwe tugomba gukunda abatubabaza ; ni bwo buryo bwo kubaha Umusaraba wa Kristu tuzirikana uko yawuhetse, akawubambwaho, akawupfiraho akifitemo urukundo rusabira abanzi be. Gukunda abanzi bacu nk’uko dukunda abatugirira neza ni byo Yezu asaba abifuza kumubera inkoramutima, bakabikorera kumwubaha n’umukiro wabo bwite bityo bakabironkamo imigisha y’igisagirane iturutse kandi ku gukosoza ibicumuro ibikorwa byiza[6]

13. Mu batubabaza, tubonemo Imana idutagatifuza, ikaduhindura bashya kuko urukundo rwa kibyeyi nta n’akuka k’umuyaga, uwo ni Nyagasani ubibwira Gertrude, yakwemerera kuduhangara atari ukugira ngo abantu bakire umukiro w’iteka nk’igihembo (Liv. 3 ch. 30 n°13 ; éd. Lat., p.184).


[1] Catherine de Gênes
[2] Yezu yabibwiye Mtg. Gatarina wa Gênes
[3] La vénérable Marguerite du Saint-Sacrement
[4] Tours
[5] Yabwiraga  Agnès de Langeac
[6] Yezu yabibwiye Gertrude (Liv. 4, ch. 52)


Thursday, November 22, 2018

ibyonnyi by’umuhamagaro wo gushinga urugo



·                 Ibyonnyi mu muhamagaro wo gushinga urugo

Muri buri muhamagaro uwurimo ahura n'ibyiza ndetse n'ibibi bihangarije kumuvutsa iherezo ry'umuhamagaro arimo; nta muhamagaro utagira umusaraba! Yezu dukurikira si Yezu w'ibitangaza gusa: dukurikira Uwatsinze urupfu, akazuka kandi uwatsinze aba yabanje guhangana n'uwazutse aba yabanje kubabazwa n'urupfu; nibyo koko hazuka uwapfuye kandi hishima uwabanje kubabara. Abantu bari bakwiye kuzirikana ko ikamba ry'amahwa Yezu yambaye ryamugejeje ku ikamba ry'umutsindo; iyo niyo nzira natwe abamukurikira tugomba kunyura twunze ubumwe na We na Roho Mutagatifu kugira ngo turonke ibyiza twateganirijwe kuva isi yaremwa.

1.   Kutemera impinduka

Hari ubwo umuntu yirengagiza ko yahinduye uburyo bwo kubaho mu gihe yahabwaga isakaramentu ryo gushyingirwa, ibyo bigatuma akomeza kubaho gisore kandi yubatse. Ntibikwiriye ko umuntu agumana imwe mu mico n’ingeso yari afite atarashinga urugo; ni ngombwa guhinduka ukagenza bihuje n’igihe ugezemo, ibya gisore ukabyiyambura kugira ngo ushobore kwirundurira muri uwo muhamagaro winjiyemo. Birababaje kubona umugabo udashaka kumva aho bavuga ko afite umugore cyangwa abana. Biteye agahinda kubona umugore utishimira kumva bamwita “mukanaka” kandi ni n’agahomamunwa kubona uwashyingiwe agikururukana n’abo mu rungano rwe batarinjira muri uwo muhamagaro wo gushinga urugo rwa gikristu.

Rubyiruko nimukomeze kuzirikana ko buri cyiciro cy’ubuzima, cyangwa cy’imyaka ugezemo igira imyifatire igikwiriye bityo muharanire gusanisha ubuzima bwanyu n’ikigero murimo, murangamiye Kristu Rumuri rw’amahanga. Nimwishimire gutera intambwe nzima kandi mugumane ku mutima ihame ry’uko gutera intambwe bijyana no guhinduka. Ukwemera kwacu kudutoze guhinduka no kwemera impinduka Nyagasani adusaba abinyujije mu masengesho asanzwe, mu isengesho ryo gushengerera ndetse no mu Ijambo ry’Imana no mu zindi nyandiko zitwereka icyiza kandi zikakitwerekezamo. Erega, “Ibyanditswe Bitagatifu bituyobora ku Mana, bikanadufungurira inzira yo kumenya Imana” (S. Jean Chrysostome. Homélies sur l’Évangile de Jean, 59: 3). Murahunge ibyo byose byabononera roho, bigatuma mutumva neza icyo uwo muhamagaro uvuze mu buzima bwanyu; nimukomeze kuzirikana ko mugomba kurangwa n’urukundo iteka. Koko rero umuhamagaro wa gikristu ni cyane cyane urukundo rw’Imana rureshya kandi rutuma umuntu yikingurira abandi ntiyihugireho, ahubwo agatangira « urugendo ruhoraho ruva ku bwikunde rugana mu kubohoka yitangira abandi, ibyo bigatuma yimenya, by’akarusho akamenya Imana » (Benedigito wa XVI, Lett. Enc. Deus caritas est, n.16)[1]

2.  Umutima utanyurwa no guhubuka

Hari urubyiruko usanga rujarajara mu rukundo. Umusore agasimburanya abakobwa mu cyitwa urukundo nk’uhindura imyenda, n’umukobwa agakunda abasore adashobye gufata mu mutwe. Ibyo si byiza. Gukunda ni uguhitamo kandi guhitamo ni ukuzinukwa; birakwiye kubanza gushishoza mbere yo gufata umwanzuro wo gutangira urugendo rw’urukundo rwihariye n’uwo ufiteho umugambi wo kuzambika impeta. Umuntu ukunda guhubuka ntatana no kwicuza, akenshi bijyana no kwivuguruza, nyamara abantu bagomba kumenya kandi bagahoza ku mutima ko uwinjiye mu muhamagaro wo gushinga urugo akivuguruza, aba abusanya n’ugushaka kw’Imana. Umutima utanyurwa no guhubagurika nta kindi byazanira Muntu kitari ugutendeka no kwiroha mu busambanyi no gutandukana n’uwo yahisemo, tutibagiwe no kunanirwa kwitegeka – la maitrise de soi- bityo ugasanga umuntu yahinduye umutima we icumbi ry’irari n’andi mabi menshi amwegereza umuryango w’ikuzimu, ari ko amuhindura inshuti y’akadasohoka ya Nyakibi.

Hari ubwo umuntu ahura n’ibibazo akihutira gufata umwanzuro yibwira ko abikemura, bitihise agasanga yarabyongeraga. Twavuga nk’abagira ikibazo mu rukundo bakihutira gutandukana n’abatandukana n’abakunzi babo, yaba abashatse cyangwa abakirambagiza, bakihutira kwishumbusha bagambiriye kwereka abo batandukanye ko bihimirije ubusa; bene aba, akenshi barabihirwa kuko baba batekereje nabi mu kwinjira muri uyu muhamagaro wo gushinga urugo. Kandi uko guhubuka kwabo nta kabuza kubongerera gushavura aho kubazanira umunezero. “Umugabo yagiye mu butumwa bw’akazi mu mahanga, ageze muri hotel asangamo mudasobwa. Niko guhita yandikira umugore we yari asize mu rugo, agiye kohereza ubutumwa, yibeshya aderese, ayohereza ku wundi mugore wari wapfushije umugabo uwo munsi. Uwo mugore akiva gushyingura yihutiye gufungura mudasobwa ye kuko yibwira ko wenda hari abo mu muryango we bamwandikiye bamwihanganisha. Akimara gusoma ibaruwa ya mbere yahise yitura hasi maze umuhungu we aje amukurikiye asanga handitsemo ngo: Ku mugore wanjye nkunda, nagezeyo amahoro. Ndabizi ko bigutangaje kubona iyi mesaje kuko utatekereza ko nabona uko nkwandikira. Nasanze ino na ho basigaye bafite mudasobwa kandi bemerera abantu kwandikira abakunzi babo. Ubu tuvugana maze akanya gato mpageze, banyeretse icyumba nzabamo gusa irungu riranyishe. Ngiye kukwitegura nawe ejo uzaze kandi ndizera ko uzabona abaguherekeza nk'uko nanjye mwamperekeje. Bizu! Ni ahejo, uzagire urugendo rwiza!” Uyu mugore yazize kudashishoza.

Abavokasiyoneri, turushaho kuzirikana ku byiza by’uyu muhamagaro n’ingorane uwawuhisemo-ahubutse cyangwa yiteguye bihagije- ashobora guhura na zo hanyuma tugashakira ibisubizo mu Ijambo ry’Imana duhamagarirwa gukunda no gukundisha abandi. Mu bindi byonnyi twavuga nko gukoresha nabi ikoranabuhanga, kwikubira umutungo k’umwe mu bashakanye, kurutisha ibintu umuntu, kwiroha mu biyobyabwenge n’ibindi byinshi namwe mubona aho mutuye, aho mukorera n’ibyo mwumva mu bitangazamakuru. Ibi byonnyi biteza ibibazo bitandukanye birimo kwiheba no guheranwa n’agahinda ndetse no kwicana n’ibindi bituruka ku kwinubira ibyago n kunanirwa kwakira ibigeragezo. Tuzirikane inyikirizo y’indirimbo ‘Murashishoze’; “Murashishoze igishimisha Imana Nyagasani, Umubyeyi udukunda aganje i Jabiro, Ibikorwa yiremeye bimukomere mu mashyi, Ni Umusumbabyose akwiye kuratwa.”

v Kutinubira ibyago no kwemera ibigeragezo

Mtg. Simewoni ati “Umwana arira igihe nyina amukarabya n’umuntu w’ukwemera guke yijujutira Imana igihe ari mu byago bisukura roho ye nk’uko amazi asukura isura ye[2].” Ibyago byakagombye kubera umukristu umwanya wo guhamya ukwemera. Agahamya ko Yezu yemeye aba hose, agakorera hose kandi ko yatsinze byose. Ni umwanya wo kurushaho kuzirikana ku bubabare bw’Umwami wacu, we wababaye cyane kandi no muri ubwo bubabare akagira impuhwe asabira abishi be kubabarirwa (Lk.2.3.34). Ibigeragerezo biberaho kutuyungurura maze tukaba abagaragaza ubukristu bwacu mu bikorwa no mu magambo, gusa ibyo byose bigatuma isengesho ryacu ryumvikana bitewe n’uko umutima wacu utatwawe n’ikibi, ahubwo waratwawe no gusingiza Nyagasani.[3] Iyo twazirikanye ko Imana iba itadutereranye ahubwo ari ukugira ngo imenye ikiri ku mitima yacu (2 Matek, 32,31), ibigeragezo bitubera uburyo bwiza bwo kwereka Nyagasani ko turi intore ze (Sir,2,5) zitagengwa n’ubwoba ahubwo zitinya Imana. Kandi “umuntu utinya Imana atsinda ubundi bwoba bwose, uwoba bw’iyi si araburenga kandi ntiyigera ahinda umushyitsi” (S. Ephrem le Syrien).

Mu bigeragezo duhura na byo, Imana idusaba gukurikiza Amategeko uko yakabaye, kuyisenga no kuyishimira, kudahinyura Ibyahanuwe, kugenzura, kwirinda ikibi no kutazimya Roho w’Imana twahawe (1 Tes.5,16-22), kandi n’uwiyemeje gukorera Uhoraho agomba gutegura umutima we kwakira ibigeragezo. Duharanire kuba intwari mu bikorwa aho kuba intwari ku rurimi gusa (Sir.2.1.4;4,29). Ibyago twakagombye ku byemera bikatubera icyiru cy’ibyaha nk’uko tubiririmba; ‘nimbona amakuba munsi, umpe kuyemera rwose, abe icyiru cy’ibyaha (Mubyeyi ugira ibambe, H2.).’ Duharanire kuba abakristu beza, ba bandi bagenywe ku mutima, barangwa no gutunganya umurimo wa Nyagasani kuri iyi si ishishikajwe no kudutanya na Buzima. Dusabirane rero kugiranga Yezu wababaye adutoze gushishoza no guheka umusaraba nka We.  Mtg. Izaki at; “Ntibishoboka kwegera Imana utanyuze mu bigeragezo, aho bitari imigenzo myiza ya muntu ntiramba... Niba wifuza imigenzo myiza, ntukihunze ibigeragezo kuko buri kigeragezo gitera kwicisha bugufi. Irembo ry’ubwirasi rifungukira ubaho mu migenzo myiza izira ibigeragezo[4]
Dusabe: Yezu wababaye bikabije, ugahindurwa ruvumwa kandi uri Imana itanga ubuzima, amahoro n'ibyishimo; komeza intege nke zanjye, umpe kwemera no kwihanganira amakuba yo muri iyi si nzirikana ko ambera icyiru cy'ibyaha, bityo nshimishwe no guheka umusaraba wanjye ubutijujuta. Nyigisha ko kubabara cyane ataribyo herezo ry'ubuzima kandi ko bidakwiriye ko uwugarijwe n'ibyago areka ibikorwa by'impuhwe ngo yumveko atakiri umwana wawe ukunda cyane, ufite agaciro gakomeye mu maso yawe! Yezu Nyir’ibambe, ntoza guhora nzirikana ko turi kumwe kabone n'ubwo naba nsumbirijwe n'amakuba maze umutima wanjye ushavuye unezezwe no kugusingiza, utararikiye ibyiza by'iyi si bihita, ahubwo ibyo wazigamiye abazagusanga mu bwami bwawe, Amina!
    


[1] Papa Frasisko, Ubutumwa Nyirubutungane yageneye umunsi mpuzamahanga wa 52 wo gusabira ihamagarwa ry’abiyeguririmana
[2] S. Syméon de Daïbabé; Paroles, 89.
[3] Soma Zab.66,10-20
[4]  S. Isaac le Syrien; Discours 34

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...