Saturday, August 13, 2022

MUTAGATIFU BRIJITA WA SUWEDE (1303-1373)

Brijita yavukiye i Skederk hafi ya Stokholm muri Suwede.Yavutse mu 1303. Brijita yagize imyaka itatu ataravuga, bituma ababyeyi be bakeka ko azaba ikiragi. Aho atangiriye kuvuga, ahita avugana ubuhanga butangaje. Brijita yapfushije nyina afite imyaka 11 nuko se amuha umubyeyi we wa batisimu ngo amurere neza. Igihe amaze kuba inkumi, Brijita yajyaga abyuka nijoro agasenga, akubabara cyane kubera. Umusaraba wa Yezu. Amaze kugira imyaka 14 nibwo yagize icyifuzo cyo kwiyegurira Imana. Kubera impamvu za politiki se yamushyingiye kuri Ulfu Gudmarson maze babyarana abana umunani. Ulfu uwo yahindutse umuntu ukunda gusenga kubera umugore we. Maze buri munsi agafatanya n’umugore we kuvuga amasengesho ya Bikira Mariya “buribyari y’abalayiki’’.

Nyuma Brijita n’umugabo we bakajya bakora ingendo ntagatifu nyinshi ndetse bagera n’i Kompostela muri Hispaniya. Nyuma y’urwo rugendo Ulfu yumvikanye n’umugore yinjira mu bamonaki ba Alvastra. Aha niho yaguye kuwa 12 Gashyantare 1334, Brijita umugore we amuri iruhande. Icyo gihe Brijita yari afite imyaka 42. Brijita yagumye muri monasiteri ya Alvastra abigiriwemo inama n’umuyobozi we wa roho maze n’umuhungu we Benedigito aza kuhinjira aba umumonaki mu 1346. Brijite yabonekewe na Yezu. Amutegeka gushinga umuryango w’abihayimana witwa “umuryango w’Imana umukiza’’ (l’ordre du Très Saint Sauveur, ordre des religieuses du Saint-Sauveur, « les Brigittines »). Monasitere ya mbere yubatswe i Vadstena, Brijita ubwe aba ariwe uyobora imirimo y’ubwubatsi. Uyu muryango ukurikiza itegeko rya mutagatifu Benedigito.

Mu 1349, brijita yongeye kubonekerwa na Yezu amutegeka kujya i Roma, ahagera mu 1350. Nyuma y’umwaka, umukobwa we Gatarina yakundaga cyane na we amusanga yo. Nyuma y’urupfu rw’umugabo we, Gatarina yagumanye na nyina Brijita i Roma, bamaranye imyaka 23 yose. Nyuma bombi bakorana urugendo rutagatifu i Yeruzalemu. Mu gihe Brijita yari i Roma abapapa bo biberaga mu ngoro Avinyo (Avignon) mu Bufransa, guhera mu 1309. Brijita yaravugaga rikijyana mu bayobozi ba Kiliziya kubera ko yari umugore uharanira byuzuye ubutagatifu kandi akubahwa na bose.

Brijita yagerageje inshuro nyinshi kugarura aba papa i Roma, nuko kuwa 16 ukwakira 1367 icyifuzo cye gishyirwa mu bikorwa. Papa Urubani V agaruka i Roma ariko by’igihe gito kuko yaje kwisubirira Avinyo kuwa 17 Mata 1370, kubera imvururu zari i Roma. Aho rero ni ho yaguye. I Roma Brijite yarahababariye abitewe nuko abapapa bari baranze kuhaba. Yashengurwaga cyane n’imyifatire mibi y’abapadiri, abihayimana, n’abepisikopi b’icyo gihe. Koko rero abenshi mu bapadiri bahabwaga ubupadiri bishakiraga gusa kugira ubuzima bwiza. Brijita yaguye i Roma kuwa 23 Nyakanga 1373, umukobwa we Gatarina atahana umurambo wa nyina muri Suwede. Brijita yashunguwe muri monasiteri ya Vadstena kuwq 5 Nyakanga 1374, aherekejwe n’abapadiri, abafurere, n’ababikira bo mu muryango w’Imana Umukiza yari yarashinze. Brijita yanditswe mu gitabo cy’abatagatifu kuwa 7 ukwakira 1391. Tumwizihiza kuwa 23 Nyakanga.

AHO WABISANGA:

·        ABATAGATIFU duhimbaza buri munsi, ed.Euthymia, Diyosezi Butare, Mata 2013.p.212-213.

·        ABATAGATIFU MU MINSI Y’UMWAKA, Ed. De l’imprimerie de Kabgayi, Icapwa rya kabiri,.Nzeri 2015. P.202-203.

No comments:

Post a Comment

MUTAGATIFU YANWARI (+305)

… Guverineri w’iyo ntara yaramubwiye ati: “ tura ububani ibigirwamana, cyangwa se wicwe”. Yanwari ati: “sinshobora gutura ibitambo amashitan...